Isomwa ry’urubanza rwa Yampano ryongeye gusubikwa

Isomwa ry’urubanza ruregwamo umuhanzi Uworizagwira Florien uzwi nka Yampano ,ryari ritegerejwe na benshi ryongeye gusubikwa ku munota wa nyuma . Aya makuru yatangajwe nyuma y’uko urukiko rugaragaje ko habaye ibibazo bya sisiteme(network) byatumye ibikorwa byari biteganyijwe bidashobora gukomeza uko byari byateganyijwe. Amakuru yatangajwe agaragaza ko iri somwa ry’urubanza ryari riteganyijwe kuri uyu wa gatanu tariki…

Soma inkuru yose

🎖️ Aba Ofisiye Bakuru ba RDF Barangije Amasomo ya Gisirikare mu Ishuri Rikuru rya Karen muri Kenya

Aba Ofisiye bakuru b’Ingabo z’u Rwanda (RDF), barimo Lt Col Pacifique Kanyandekwe na Maj John Muhikira, barangije amasomo yabo mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya Karen riherereye i Nairobi muri Kenya.Uyu muhango wo gusoza ayo masomo wabaye witabiriwe n’abayobozi bakuru mu nzego za gisirikare bo mu Rwanda no mu karere, bagaragaje ko aya masomo ari…

Soma inkuru yose

📺 CazéTV Yegukanye Uburenganzira Bwo Kwerekana Imikino Yose y’Igikombe cy’Isi cya 2026 Kubuntu

Urubuga rw’imyidagaduro na siporo rwa CazéTV rwo muri Brazil rwakoze amateka mashya nyuma yo kubona uburenganzira bwo kwerekana imikino yose 104 y’2026 FIFA World Cup.Ni intambwe ikomeye kuri uru rubuga, kuko mu Gikombe cy’Isi cya 2022 rwari rwemerewe kwerekana imikino 22 gusa. Kuri iyi nshuro, ruzaba mu banyamakuru bakomeye bazageza amarushanwa yose ku bafana bo…

Soma inkuru yose

Ukraine irifuza kurangiza intambara ihanganyemo na Burusiya

Perezida wa Ukraine, Volodymyr Zelensky, yongeye kugaragaza ubushake bwo kugirana ibiganiro imbonankubone na Perezida w’u Burusiya, Vladimir Putin, hagamijwe gushaka umuti w’intambara imaze imyaka irenga ine ihanganishije ibihugu byombi. Mu ibaruwa ndende yandikiye Putin, Zelensky yavuze ko igihe kigeze ngo impande zombi zitangire ibiganiro byeruye byo gushakira umuti ikibazo cy’intambara, aho gukomeza gutegereza ko ibindi…

Soma inkuru yose

Filime nshya ya Rugaba na Madederi ikomeje kuvugisha benshi

Mu rugendo rwa sinema nyarwanda ikomeje gutera imbere no kugera ku rwego mpuzamahanga, abahanzi n’abatunganya filime bakomeje gushaka inkuru zifite ubutumwa bukomeye kandi zegereye ubuzima bwa buri munsi. Muri uwo murongo ni ho haturuka filime nshya yakinwe na Rugaba Emmanuel afatanyije na Madederi, ishingiye ku nkuru yaciye igikuba ku mbuga nkoranyambaga y’umugabo watumujeho indaya,nyuma agatungurwa…

Soma inkuru yose

RDB yafunze by’agateganyo hoteli enye zirimo Century Park

Urwego rw’igihugu rushinzwe iterambere (RDB),rwafunze by’agateganyo Hoteli n’ibigo bine bitanga serivise z’ubukerarugendo n’amacumbi , birimo na Century Park Hotel and residences iherereye i Nyarutarama mu mujyi wa Kigali . Iki cyemezo gikomeye cyatangiye gushyirwa mu bikorwa kuri uyu wa kane ,tariki ya 4 Kamena 2026. Nyuma y’igenzura ryimbitse RDB yakoze hagamijwe kureba niba ibi bigo…

Soma inkuru yose

🎵 Element EleéeH Ari Gushaka Ibyangombwa Bimwemerera Gukorera Muri Amerika

Mu minsi ishize, amakuru yavugwaga cyane mu myidagaduro nyarwanda yavugaga ko umuhanzi akaba n’utunganya indirimbo Element EleéeH yaba ari gushaka ibyangombwa muri United States, ibintu byatumye bamwe bakeka ko ashobora kuba ateganya guturayo burundu.Icyakora, amakuru aturuka mu bantu ba hafi b’uyu muhanzi agaragaza ko atari ugushaka gutura muri Amerika, ahubwo ko ari gushaka ibyangombwa bizamwemerera…

Soma inkuru yose

Kompressor yavuze impamvu amaze imyaka ibiri muri 1:55 AM adakora indirimbo

Umuhanzi Kompressor yatangaje impamvu amaze imyaka ibiri abarizwa mu nzu ifasha abahanzi ya 1:55 AM atarakora cyangwa ngo asohore indirimbo nshya nkuko bamwe mu bakunzi b’umuziki babyibazaga . Yavuze ko muri icyo gihe yari ahugiye mu bikorwa byo kwitegura neza no gushyira ku murongo umwuga we kugira ngo azagarukane ibikorwa bifite ireme. Kompressor yavuze ko…

Soma inkuru yose

France Mpundu yahishuye indi nkuru nziza nyuma yo Kwambikwa impeta

Umuhanzikazi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana ,France Mpundu ,yongeye gushimisha abakunzi abakunzi be nyuma yo gutangaza inkuru nziza ikurikira iyo kwambikwa impeta n’umukunzi we . Ni amakuru yakiranywe ibyishimo byinshi n’abamukurikira ku mbuga nkoranyambaga ,aho benshi bamwifurije ishya n’ihirwe mu rugendo rushya rw’ubuzima agiyemo. Nyuma yo kwambikwa impeta ,France Mpundu yavuze ko yishimiye icyemezo…

Soma inkuru yose

⚽ Imikino ya Gicuti y’Amavubi muri Maroc Yahagaritswe Kubera Impamvu z’Umutekano

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ryatangaje ko imikino ya gicuti yari iteganyijwe guhuza ikipe y’igihugu y’u Rwanda, Rwanda national football team, yariteganyijwe kuzabera i Marrakech muri Morocco muri uku kwezi itakibaye.Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara na FERWAFA, yavuze ko yamenyeshejwe n’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Maroc, Royal Moroccan Football Federation (FRMF), ko iyo mikino itemewe kuba…

Soma inkuru yose