Thierry Henry yandikiwe amateka muri New York: Umuhanda wamwitiriwe kubera ibigwi bye muri ruhago.

Umunyabigwi w’umupira w’amaguru Thierry Henry yongeye guhabwa icyubahiro gikomeye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika nyuma y’uko umwe mu mihanda yo mu Mujyi wa New York wamwitiriwe ku mugaragaro. Iki gikorwa cyabaye ku wa 10 Kamena 2026, kigamije guha agaciro uruhare rukomeye uyu Munyafaransa yagize mu iterambere rya ruhago muri uyu mujyi ndetse no muri…

Soma inkuru yose

Niyigena Clément yasigaye mu Misiri.

Myugariro w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda, Niyigena Clément, yongeye kuvugisha abakunzi b’umupira w’amaguru nyuma y’amakuru y’uko atasubiranye n’Amavubi mu Rwanda avuye mu Misiri. Nk’uko byatangajwe n’umunyamakuru Éphrem Kayiranga wari kumwe n’iyi kipe, Niyigena yasigaye mu mujyi wa Cairo hamwe na Biramahire Abeddy, mu gihe bagenzi babo bari bamaze gufata indege ibagarura mu Rwanda. Aya makuru yahise…

Soma inkuru yose

RDC yatsinzwe na Chile mu mukino wa gicuti.

Ikipe y’Igihugu ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (Léopards) ntiyahiriwe n’umukino wa gicuti wayihuje na Chile, nyuma yo gutsindwa ibitego 2-1 mu mukino wabereye mu Bufaransa mu rwego rwo gukomeza imyiteguro y’amakipe yombi mbere y’Igikombe cy’Isi cya 2026. Ni umukino wari utegerejwe cyane n’abakunzi ba ruhago bo muri RDC, cyane ko iyi kipe ikomeje kubaka…

Soma inkuru yose

Gen Christian Tshiwewe yagejejwe imbere y’urukiko ashinjwa ubugambanyi.

Muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), urubanza rwakuruye amarangamutima ya benshi rwatangiye kuburanishwa nyuma y’uko uwahoze ari Umugaba Mukuru w’Ingabo za FARDC, Gen Christian Tshiwewe Songesha, agejejwe imbere y’Urukiko Rukuru rwa Gisirikare i Kinshasa. Uyu musirikare wari umwe mu bayobozi bakomeye mu nzego z’umutekano ashinjwa ibyaha bikomeye birimo ubugambanyi, umugambi wo guhirika ubutegetsi bwa…

Soma inkuru yose

Perezida Kagame yakoze impinduka muri Guverinoma no mu bahagarariye u Rwanda mu mahanga.

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yakoze impinduka nshya mu buyobozi bw’Igihugu zirimo abaminisitiri, abanyamabanga ba Leta ndetse n’abahagarariye u Rwanda mu bihugu bitandukanye. Izi mpinduka zatangajwe n’Ibiro bya Minisitiri w’Intebe ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu, tariki ya 10 Kamena 2026, hashingiwe ku biteganywa n’Itegeko Nshinga rya Repubulika y’u Rwanda. Iri tangazo…

Soma inkuru yose

Portugal yatsinze Nigeria, ariko amaso yose yari kuri Cristiano Ronaldo wananiwe kubona izamu.

Ikipe y’Igihugu ya Portugal yakomeje gutanga icyizere mbere y’itangira ry’Igikombe cy’Isi cya 2026 nyuma yo gutsinda Nigeria ibitego 2-1 mu mukino wa gicuti wabereye muri Stade Dr. Magalhães Pessoa i Leiria. Ni umukino waranzwe n’ishyaka ku mpande zombi, aho Portugal yashakaga gusoza imyiteguro yayo neza mbere yo kwinjira muri iri rushanwa rikomeye rizabera muri Amerika,…

Soma inkuru yose

Abanyarwanda batanu banditse amateka muri Amerika

Abanyeshuri batanu b’Abanyarwanda bari gukurikira amasomo y’ubupilote muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika bakoze amateka akomeye nyuma yo gutwara indege bwa mbere mu rugendo ruganisha ku kuba abapilote b’umwuga. Hindura Cedric, Shyaka Francis, Hagenimana Henry Kenny, Isingizwe Milka na Mugabo Patricie ni bo banyeshuri bageze kuri iyi ntambwe ishimishije nyuma yo gutoranywa mu bakandida basaga…

Soma inkuru yose

Kimenyi Yves yanenze imikorere y’amakipe yo mu Rwanda.

Umunyezamu Kimenyi Yves yagaragaje impungenge afite ku buryo amakipe menshi yo mu Rwanda acunga abakinnyi bayo, avuga ko hari ikibazo gikomeye cyo kudaha agaciro abakinnyi bamaze kumenyera uburyo ikipe ikinamo. Mu butumwa yashyize kuri Instagram kuri uyu wa Gatatu, yavuze ko bitumvikana uburyo amakipe arekura abakinnyi bamaze gusobanukirwa sisiteme y’ikipe, ahubwo agahitamo gushora amafaranga mu…

Soma inkuru yose

BK Arena yahindutse nka Jamaica: Ibyaranze igitaramo cya UB40 cyasize abakunzi ba Reggae banyuzwe

Mu ijoro ryo ku wa 9 Kamena 2026, BK Arena yari yuzuyemo abakunzi ba Reggae bari baje kwihera ijisho itsinda ry’ibyamamare UB40 Featuring Ali Campbell ryakoreye igitaramo cya mbere mu Rwanda. Iki gitaramo cyari kimwe mu bigize urugendo rwabo rwa “Big Love Tour”, cyitabiriwe n’abafana baturutse mu bice bitandukanye by’u Rwanda ndetse no mu bihugu…

Soma inkuru yose