Gen Christian Tshiwewe yagejejwe imbere y’urukiko ashinjwa ubugambanyi.

Muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), urubanza rwakuruye amarangamutima ya benshi rwatangiye kuburanishwa nyuma y’uko uwahoze ari Umugaba Mukuru w’Ingabo za FARDC, Gen Christian Tshiwewe Songesha, agejejwe imbere y’Urukiko Rukuru rwa Gisirikare i Kinshasa. Uyu musirikare wari umwe mu bayobozi bakomeye mu nzego z’umutekano ashinjwa ibyaha bikomeye birimo ubugambanyi, umugambi wo guhirika ubutegetsi bwa Perezida Félix Tshisekedi, gushishikariza abasirikare kutumvira amategeko ndetse no gutunga intwaro n’amasasu mu buryo bunyuranyije n’amategeko. Uru rubanza ruregwamo kandi abandi basirikare bakuru icyenda n’umusivile umwe.

Ubushinjacyaha bwa gisirikare buvuga ko bamwe mu bakekwa bagize uruhare mu migambi yashoboraga guhungabanya umutekano n’ubutegetsi bwa RDC. Mu byo bushinja Gen Tshiwewe harimo kuba mu rugo rwe harasanzwe intwaro nyinshi za gisirikare n’amasasu menshi, ndetse ko yaba yaritabiriye inama zategurwagamo umugambi wo guhindura ubutegetsi buriho hakoreshejwe imbaraga za gisirikare. Mu bareganwa na we harimo kandi Gen John Numbi, wahoze ari umwe mu bayobozi bakomeye mu nzego z’umutekano za Congo, nubwo bivugwa ko atitabye urukiko kuko ari mu buhungiro.

Uru rubanza rukomeje gukurikiranwa n’abaturage benshi ba RDC ndetse n’amahanga kubera uburemere bw’abaregwa n’ibyaha baregwa. Abasesenguzi bavuga ko ari rimwe mu manza zikomeye igihugu cyabonye mu myaka ya vuba, kuko ruregwamo abantu bahoze bafite ijambo rikomeye mu buyobozi bw’ingabo za Congo. Mu gihe urukiko rugikomeje kumva impande zombi, benshi bategereje kureba niba ibirego ubushinjacyaha bushyira kuri aba bayobozi bizagira gihamya ihagije cyangwa niba bazabasha kwisobanura bakagaragaza ko ari abere.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *