Ikipe ya Paris Saint Germain ifitanye imikoranire na Visit Rwanda, Nyuma yo gutsinda arsenal yegukanye Igikombe cya UEFA Champions League byatumye ishimirwa cyane na Perezida w`u Rwanda.
Iyi nsinzi yagezweho nyuma yo gutsinda ikipe ya Arsenal yo mubwongereza penaliti 4-3 aho aya makipe yombi yari yabanje kunganya igitego 1-1 mu minota 90 y’umukino ndetse na 30 y`inyongera ku mukino wa nyuma wakiniwe muri Puskás Aréna y’i Budapest muri Hongrie.
Ikipe ya Arsenal niyo yabanje gutsinda icya mbere ku munota wa gatandatu, igitego cyatsinzwe na Kai Havertz, gusa kumunota wa 65 Ousmane Dembélé yatsindiye PSG igitego cyo kwishyura kuri penaliti ku ikosa ryakorewe kuri Khvicha Kvaratskhelia.
Iminota 120 yose yarangiye nta kipe yongeye kunyeganyeza inshundura, hahita haterwa penaliti, PSG itsinda 4-3 aho iya nyuma ya Arsenal yahushijwe na Gabriel Magalhães naho iya kabiri ya PSG yari yahushijwe na Nuno Mendez.
Abinyujije ku rubuga rwa X yahoze yitwa twitter, Perezida Paul Kagame yashimiye iyi kipe ya Paris Saint-Germain yegukanye iki gikombe cya UEFA Champions League.
Yagize ati “Ndashimira umufatanyabikorwa wa Visit Rwanda, Paris Saint-Germain ku Gikombe cya UEFA Champions League yari ikwiye no kuba icyegukanye ku nshuro ya kabiri yikurikiranya.”
Yasoje agira ati “Ndashimira kandi Arsenal ku kugera ku mukino wa nyuma no guhatana kugeza ku munota wa nyuma ushoboka. Amakipe yombi yateye ishema abakunzi bayo, PSG igaragaza ko ari ikipe nziza kurushaho.”
Iyi kipe ya Paris Saint-Germain yo mu bufaransa yatangiye gukorana na visit Rwanda kuva muri 2019, ndetse aya masezerano akaba azarangira muri 2028.



