Arsenal FC ikaba n’umufatanyabikorwa wa Visit Rwanda yashimwe bikomeye na Perezida w`u Rwanda H.E Paul Kagame nyuma yuko yegukanye Igikombe cya Shampiyona y’u Bwongereza cya 2025/2026.
Nyuma y’umukino AFC Bournemouth yanganyijemo na Manchester City igitego 1-1 ku wa 19 Gicurasi 2026, Arsenal FC yatwaye igikombe cya shampiyona y’u Bwongereza. Byatumye Man City igira amanota 78, irushwa ane na Arsenal ifite 82, kandi amakipe yombi asigaje umukino umwe.
Perezida Kagame mubutumwa yanyujije kuri x yahoze ari twitter yagize ati “Mwishyuke Arsenal FC, umufatanyabikorwa wacu wa Visit Rwanda, kuba mwegukanye Igikombe cya Shampiona [Premier League] nyuma y’umwaka w’imikino waranzwe no guhatana cyane. Igikombe mugitwaye mubikwiye.”
Hari hashize imyaka 22 iyi kipe idatwaye igikombe cya shampiona yabongereza kuko yaherukaga iki gikombe mu mwaka w’imikino wa 2003/04, icyo gihe ikaba yaragitwaye idatsinzwe umukino n’umwe.
Ikii gikombe ni icya kane itwaye kuva Shampiyona yitwa Premier League, dore ko yatwaye n’icyo mu 1997/98 ndetse no mu 2001/02. Muri rusange yatwaye ibikombe bya shampiyona 14.
U Rwanda rufitanye imikoranire niyi kipe kuva mu 2018, aho iyi kipe ya Arsenal FC yamamaza ubukerarugendo bw`u Rwanda binyuze mu kwambara Visit Rwanda ku kaboko no muri stade yayo.
Nanone kandi abakinnyi bayo bagiye basura u Rwanda mu bihe bitandukanye. Gusa ubu bufatanye buzarangira muri uyu mwaka w’imikino wa 2025/26, aho izasoza Premier League ikina na Crystal Palace ku kuwa 25 Gicurasi 2026, Saa 17:00.
Arsenal FC izakomereza ku mukino ifitanye na Paris Saint-Germain yo mu bufaransa muri UEFA Champions League, ikaba ari ubwa mbere yaba yegukanye iki gikombe mu gihe yatsinda uwo mukino.



