Muhirwa Eric

Portugal yatsinze Nigeria, ariko amaso yose yari kuri Cristiano Ronaldo wananiwe kubona izamu.

Ikipe y’Igihugu ya Portugal yakomeje gutanga icyizere mbere y’itangira ry’Igikombe cy’Isi cya 2026 nyuma yo gutsinda Nigeria ibitego 2-1 mu mukino wa gicuti wabereye muri Stade Dr. Magalhães Pessoa i Leiria. Ni umukino waranzwe n’ishyaka ku mpande zombi, aho Portugal yashakaga gusoza imyiteguro yayo neza mbere yo kwinjira muri iri rushanwa rikomeye rizabera muri Amerika,…

Soma inkuru yose

Abanyarwanda batanu banditse amateka muri Amerika

Abanyeshuri batanu b’Abanyarwanda bari gukurikira amasomo y’ubupilote muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika bakoze amateka akomeye nyuma yo gutwara indege bwa mbere mu rugendo ruganisha ku kuba abapilote b’umwuga. Hindura Cedric, Shyaka Francis, Hagenimana Henry Kenny, Isingizwe Milka na Mugabo Patricie ni bo banyeshuri bageze kuri iyi ntambwe ishimishije nyuma yo gutoranywa mu bakandida basaga…

Soma inkuru yose

Hasigaye amatike angana 25% gusa ku gitaramo cya kabiri cya King James.

Umuhanzi King James akomeje kugaragarizwa urukundo rudasanzwe n’abakunzi b’umuziki we, nyuma y’uko atangaje ko amatike y’igitaramo cya kabiri ateganya gukorera muri BK Arena amaze kugurwa ku kigero cya 75%. Ibi bibaye mu gihe hashize iminsi itandatu gusa ayo matike ashyizwe ku isoko, ibintu bigaragaza uburyo benshi bifuza kuzitabira ibi bitaramo bizaba ari amateka mu rugendo…

Soma inkuru yose

Kimenyi Yves yanenze imikorere y’amakipe yo mu Rwanda.

Umunyezamu Kimenyi Yves yagaragaje impungenge afite ku buryo amakipe menshi yo mu Rwanda acunga abakinnyi bayo, avuga ko hari ikibazo gikomeye cyo kudaha agaciro abakinnyi bamaze kumenyera uburyo ikipe ikinamo. Mu butumwa yashyize kuri Instagram kuri uyu wa Gatatu, yavuze ko bitumvikana uburyo amakipe arekura abakinnyi bamaze gusobanukirwa sisiteme y’ikipe, ahubwo agahitamo gushora amafaranga mu…

Soma inkuru yose

Gradine Toto ategerejwe gushimisha abazitabira IvyFilipiano Fest 2026

Umuhanzi Gradine Toto uri mu bagezweho muri Afurika yo Hagati no mu Burasirazuba, ategerejwe mu Rwanda mu gitaramo cy’Iserukiramuco rya IvyFilipiano Fest 2026 kizabera mu Karere ka Rubavu ku wa 5 Nyakanga 2026. Uyu muhanzi wamamaye cyane binyuze mu ndirimbo “MayDay [Rachael]” yakunzwe ku mbuga nkoranyambaga zitandukanye zirimo TikTok, Instagram na Facebook, azaba ari umwe…

Soma inkuru yose

BK Arena yahindutse nka Jamaica: Ibyaranze igitaramo cya UB40 cyasize abakunzi ba Reggae banyuzwe

Mu ijoro ryo ku wa 9 Kamena 2026, BK Arena yari yuzuyemo abakunzi ba Reggae bari baje kwihera ijisho itsinda ry’ibyamamare UB40 Featuring Ali Campbell ryakoreye igitaramo cya mbere mu Rwanda. Iki gitaramo cyari kimwe mu bigize urugendo rwabo rwa “Big Love Tour”, cyitabiriwe n’abafana baturutse mu bice bitandukanye by’u Rwanda ndetse no mu bihugu…

Soma inkuru yose

Nyuma yo guca igikuba ku mbuga nkoranyambaga, TimiBeats yamaze kugera i Kigali

Umuhanzi TimiBeats wo muri Nigeria akomeje kuvugisha benshi mu Rwanda nyuma y’uko challenge y’indirimbo ye ikorewe na Kwizera Olivier uzwi kandi nka Gishweka imaze iminsi ikwirakwira cyane ku mbuga nkoranyambaga. Iyi challenge yakunzwe n’abatari bake, aho abakoresha YouTube na Instagram bagiye bagaragaza ko bishimiye uyu muhanzi binyuze mu butumwa bwinshi bwari buherekejwe n’amadarapo y’u Rwanda,…

Soma inkuru yose

Umusifuzi Omar Artan yari agiye kwandikira amateka Somalia, ariko inzozi ze zisigara ku mupaka.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu, umusifuzi Omar Abdulkadir Artan yakiriwe nk’intwari ageze iwabo muri Somalia, nyuma yo gusubizwa aho yari avuye no kwangirwa kwinjira muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Uyu musifuzi wari waratoranyijwe na FIFA ngo azasifure Igikombe cy’Isi cya 2026 yari agiye kuba Umunya-Somalia wa mbere ugiye gusifura irushanwa rikomeye kurusha…

Soma inkuru yose

Ibyishimo ni byose kuri Kundwa Doriane warangije amasomo ye muri Canada

Uwabaye Nyampinga w’u Rwanda mu mwaka wa 2015, Kundwa Doriane, ari mu byishimo bikomeye nyuma yo gusoza amasomo ye mu bijyanye n’ubuzima muri Ontario Tech University iherereye muri Canada. Amafoto yasakajwe ku mbuga nkoranyambaga amugaragaza yambaye umwambaro w’abarangije amasomo, ibintu byashimishije benshi mu bamukurikirana ndetse n’abakunzi b’amarushanwa y’ubwiza mu Rwanda. Uyu Munyarwandakazi amaze imyaka itari…

Soma inkuru yose

Messi yagarutse atsinda, Argentina itsinda Iceland ibitego bitatu mu mukino wa gicuti

Ikipe y’igihugu ya Argentine yakomeje kwerekana imbaraga mu myiteguro y’amarushanwa mpuzamahanga nyuma yo gutsinda Iceland ibitego 3-0 mu mukino wa gicuti wabereye muri Leta ya Alabama muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Uyu mukino wari umwe mu igize gahunda yo gukomeza gutyaza ikipe mbere y’amarushanwa ateganyijwe mu bihe biri imbere. Argentine yafunguye amazamu hakiri kare…

Soma inkuru yose