Perezida wa Somalia yahumurije Omar Artan nyuma yo kwangirwa kwinjira muri Amerika.

Perezida wa Somalia, Mohamed Farmaajo, yatangaje ko yagiranye ikiganiro kuri telefoni n’umusifuzi mpuzamahanga Omar Artan nyuma y’uko yangiwe kwinjira muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ibintu byamubujije kuzuza inzozi ze zo gusifura Igikombe cy’Isi cya 2026. Perezida Farmaajo yavuze ko yifuje kumwereka ko igihugu cyose kimuri inyuma muri ibi bihe bikomeye, anamwibutsa ko akomeje kuba…

Soma inkuru yose

Rusine Patrick yavuze ku ruhare rukomeye rwa Nkusi Arthur mu rugendo rwe rw’urwenya.

Umunyarwenya akaba n’umunyamakuru Rusine Patrick yagaragaje amarangamutima akomeye ndetse n’ishimwe afitiye Nkusi Arthur, umwe mu bantu avuga ko bagize uruhare rukomeye mu ntangiriro z’urugendo rwe muri Stand-up Comedy. Mu butumwa yashyize ku rukuta rwe rwa Instagram, Rusine yavuze ko mu gihe yitegura kwizihiza imyaka 10 amaze akora urwenya rwo ku rubyiniro, yabonye ari ngombwa gusubiza…

Soma inkuru yose

Ruger afashe ikiruhuko mu muziki nyuma y’ibibazo by’urukundo byamugejeje mu nkiko.

Umuhanzi w’icyamamare muri Nigeria, Ruger, yatunguye abakunzi be nyuma y’uko hatangajwe ko afashe ikiruhuko gito mu muziki kugira ngo yibande ku bibazo byihariye ari kunyuramo. Aya makuru yatangajwe na Blown Boy Entertainment, kompanyi isanzwe ireberera inyungu z’uyu muhanzi, ivuga ko Ruger ari guhura n’ikibazo gikomeye cyamugejeje mu nkiko gishingiye ku mubano yari afitanye n’umukobwa bahoze…

Soma inkuru yose

Umuhanzikazi Sheebah Karungi mu Mashimwe menshi ahishuye iby’uburwayi bwe

Umuhanzikazi Sheebah Karungi yahishuye ko amaze ibyumweru bitatu mu buhinde aho yari yaragiye kwivuza no kubagwa indwara y’umutima. Nyuma yo kubagwa neza n’abaganga, uyu muhanzikazi ukunzwe cyane muri Uganda no mu karere yagarutse murugo. Abwira abafana be ko ashimira lmana yamubaye hafi muri urwo rugendo rutoroshye rwaranzwe n’ibihe bikomeye by’ubuzima.Iyi nkuru ije ishimangira amakuru yari…

Soma inkuru yose

Umunyarwandakazi Eliane Umuhire yatoranyijwe mu bagi

Umunyarwandakazi Eliane Umuhire yinjiye mu banyamuryango bashya 640 ba European Film Academy, icyerekezo cyishema cyerekana ko ubwiza n’ubuhanga bwa sinema nyrwanda bukomeje kurenga imbibi z’umugabane wacu. Uyu mukinnyi w’amafilime w’izina rishingiye ku buhanga, yari mu rukurikirane rw’abanyamwuga bakiriwe muri uyu muryango ukomeye cyane mu Burayi. Iyi nkuru nziza yamenyekanye muri Kamena 2026, yakiriwe n’abakunzi ba…

Soma inkuru yose

Umwongereza Yatangiye Kwitegura Igikombe cy’Isi 2026 mu Buryo Budasanzwe

Mu gihe hasigaye amezi make ngo hatangire Igikombe cy’Isi cya 2026, Umwongereza witwa Gus Hully yatangiye urugendo rudasanzwe rwamaze igihe kirenga umwaka, aho yashakishije byeri cyangwa ibindi binyobwa bisimbura byeri bituruka muri buri gihugu kizitabira iri rushanwa rikomeye. Uyu mukunzi w’umupira w’amaguru yavuze ko intego ye ari ukugira uburyo bwihariye bwo gukurikira irushanwa. Yateguye ko…

Soma inkuru yose

Coach Gael yavuze ku makuru yo gutandukana na Bruce Melodie.

Mu gihe hari hashize iminsi ku mbuga nkoranyambaga hacicikana amakuru avuga ko umubano wa Coach Gael na Bruce Melodie wajemo agatotsi, uyu mushoramari yongeye gushyira umucyo kuri ayo makuru ashimangira ko nta kibazo na kimwe kiri hagati yabo. Ibi byari byatangiye kuvugwa nyuma y’uko aba bombi batakigaragara kenshi bari kumwe mu ruhame nk’uko byahoze, ibintu…

Soma inkuru yose

Danny Mutabazi akomeje gushimangira ubutumwa bwe binyuze mu ndirimbo zigize album “Waranzuye”

Umuhanzi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Danny Mutabazi, akomeje kunezeza abakunzi b’umuziki wa Gospel nyuma yo gushyira hanze amashusho y’indirimbo ye nshya yise “Kwa Heli Yeriko”, imwe mu ndirimbo zigize album ye yitwa “Waranzuye”. Iyi ndirimbo ije ikurikira izindi amaze iminsi ashyira hanze, mu rwego rwo gukomeza gusakaza ubutumwa bwo kwizera no gushimira Imana…

Soma inkuru yose

King James yahishuye impamvu atigeze akorana n’abahanzi b’abanyamahanga

umuhanzi Ruhumuriza James, wamenyekanye nka King James, yavuze ko abantu batari bakwiye kubona ko kwirinda gukorana n’abahanzi bo hanze y’u Rwanda ari ikintu yagambiriye cyangwa se umugambi yakoranye urwango. Yasobanuye ko ibi byaturutse ku muvuduko w’inzira ye y’umuziki no ku mahitamo ye y’ikoranabuhanga n’uburyo yakoragamo akazi ke ka buri munsi. Yasobanuye ko mu ntangiriro z’ubuhanzi…

Soma inkuru yose

M. Iréné na Nikuze Liliane batangiye gutumira abazitabira ubukwe bwabo

Ibyishimo bikomeje kuba byinshi ku munyamakuru M. Iréné n’umukunzi we Nikuze Liliane nyuma y’uko batangiye gutanga ubutumire ku nshuti, abo mu miryango yabo ndetse n’abandi bazifatanya na bo mu bukwe bwabo buteganyijwe mu kwezi kwa Kanama uyu mwaka. Aba bombi bamaze igihe bakundana, ndetse mu minsi ishize M. Iréné yari yamaze kwambika impeta Liliane mu…

Soma inkuru yose