Qing Madi yashinjije uwahoze amucungira inyungu kumwiba

Umuhanzikazi w’umunya Nijeriya (Nigeria) Qing Madi, yashyize hanze ibirego bikomeye ashinja uwahoze ari umujyanama ndetse n’uwamucungiraga inyungu kumwiba ibikorwa ibikorwa bye by’ubuhanzi no gukoresha izina rye mu nyungu ze bwite . Aya makuru yatangajwe anyuze ku mbuga nkoranyambaga ze, avuga ko amaze igihe acecetse ariko ageze aho gufata umwanzuro wo kubwira ukuri abakunzi be .

Qing Madi yavuze ko uyu wahoze amufasha mu rugendo rwa muzika yafashe ibihangano bye bimwe akabikoresha atabimuhereye uburenganzira . Yavuze kandi ko hari amafaranga yinjijwe n’akazi yakoze atigeze amenya aho yagiye , ibintu byamugizeho ingaruka mu iterambere ry’umwuga we ndetse bikamutesha amahirwe atandukanye yari yarabonye .

Uyu muhanzikazi yakomeje avuga ko ikibazo kitagarukiye ku kwibwa ibikorwa bye gusa, ahubwo ko uwo muntu yanahimbye amakuru amwerekeyeho agamije kwangiza isura ye mu ruhando rwa muzika . Yavuze ko ayo makuru y’ibinyoma yakwirakwijwe mu bantu batandukanye ndetse no mu bafatanyabikorwa be , bituma bamwe batangira kumugirira amakenga .

Qing Madi yavuze ko yihanganiye ibibazo igihe kinini kuko yizeraga ko bizakemuka mu bwumvikane, ariko ngo byakomeje gufata indi ntera . Yongeyeho ko ubu yamaze gufata ingamba zo kurinda uburenganzira bwe ndetse no gukurikirana ikibazo mu nzira zemewe n’amategeko kugira ngo haboneke ubutabera .

Ibi birego byakuruye impaka nyinshi ku mbuga nkoranyambaga , aho abakunzi b’uyu muhanzikazi bagaragaje ko bamushyigikiye mu rugamba arimo rwo kurengera ibihangano bye . Mu gihe hagitegerejwe icyo uwo uregwa azabivugaho , benshi bakomeje gukurikiranira hafi uko iki kibazo kizakemuka n’ingaruka kizagira ku rugendo rwa Qing Madi muri muzika .

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *