Umuhanzi Ngabo Richard wamamaye ku izina rya kevin kade,akomeje kuvugisha benshi nyuma yo gusubika ibitaramo yari afite i Burayi no kwerekeza muri Amerika mu biganiro by’iterambere ry’umuziki we. lbi byatumye havugwa byinsi ku cyerekezo cye mpuzamahanga.
Nyuma yo gusubika ibi bitaramo byari biteganyijwe mu bihugu U Budage ,U Bufaransa ,na Pologne, amakuru avuga ko yerekeje muri Amerika aho ari mu biganiro n’amasosiyete acuruza umuziki ku rwego mpuzamahanga.
Mbere y’ibi ,yari aherutse gusohora indirimbo Ndi Ready yakiriwe neza n’abakunzi be,ikomeza kumushyira mu bahanzi bakomeje kuzamuka neza .
Nubwo hari izo mpinduka, Kevin Kade yagarutse mu Rwanda aho ari mu bahanzi bemejwe mu bitaramo bya MTN Iwacu Muzika Festival 2026 biteganyijwe kuzenguruka igihugu.
Ubu akomeje kugaragaza ko afite icyerekezo mpuzamahanga, mu gihe nanone akomeje guteza imbere umuziki nyarwanda muri rusange ,binyuze mu bitaramo bikomeje ndetse n’imishinga mishya akomeje kwinjiramo.

