Raporo nshya y’ikigega mpuzamahanga cy’imari (international monetary fund), cyerekanye ko u Rwanda ruri mu bihugu 5 byambere muri Afurika bifite ubukungu buri gukura cyane muri uyu mwaka wa 2026. Aho biteganijwe ko ruzakura kugipimo cya 7.2% bitewe n’ishoramari mu bukerarugendo, n’ikoranabuhanga.
Ubukungu bw’ u Rwanda bukomeje kwerekana imbaraga zidasanzwe muri uyu mwaka wa 2026, bushingiye ku mavugurura akomeye mu miyoborere y’imari ,ishoramari rishya mu mutungo wa Dijitali,ndetse n’icyizere isoko ry’imari n’imigabane rikomeje kugirirwa n’abashoramari.
Ikigo cy’Imisoro n’Amahoro (RRA) kiributsa abacuruzi ko kuwa 15 Gicurasi 2026 ari umunsi wo kumenyekanisha no kwishyura imisoro y’ukwezi gushize. Mugihe Banki nkuru y’u Rwanda (BNR),iherutse kuzamura igipimo cy’inyungu .
Murwego rwo gukomeza gukumira inyandiko z’izamurwa ry’ibiciro ,Ikigo cy’imisoro n’amahoro cyasabye abacuruzi bose kwitwararika .Itariki ntarengwa yo kwandikisha ndetse no kwishyura imisoro ya VAT,WHT, na PAYE iteganijwe kuri uyu wa 15 Gicurasi 2026.

