
Ishirahamwe ritabara imbabare rya International Federation of Red Cross and Red Crescent Societies ryatangaje ko abakozi baryo batatu bapfuye bazize indwara bikekwa ko ari Ebola mu Democratic Republic of the Congo, nyuma yo kuba baranduriye mu bikorwa byo gutunganya imibiri y’abapfuye.
Amakuru yatangajwe n’iri shirahamwe avuga ko abo bakozi bakekwa ko banduye iyo ndwara ku wa 27 Werurwe, igihe barimo bakorera ibikorwa bitandukanye by’ubutabazi mu ntara ya Ituri Province mu burasirazuba bwa DR Congo.
Abo bakozi bapfuye ni:
Alikana Udumusi Augustin,
Sezabo Katanabo,
na Ajiko Chandiru Viviane.
Bose bakoreraga mu mujyi wa Mongwalu, ubu uri mu duce twibasiwe cyane n’icyorezo cya Ebola.
Bapfuye hagati y’itariki ya 5 na 16 Gicurasi nyuma yo kugira ibimenyetso by’iyo ndwara.
Mu butumwa bw’akababaro, International Federation of Red Cross and Red Crescent Societies yavuze ko abo bakozi “bakoreye abaturage n’ubutwari ndetse n’ubwitange budasanzwe” kugeza ku munota wa nyuma.
Imibiri y’abahitanywe na Ebola ishobora kwanduza cyane
Abahanga mu by’ubuzima bavuga ko umwe mu buryo Ebola ikwirakwira cyane ari ugukora ku mibiri y’abahitanywe na yo.
Bavuga ko amatembabuzi yo mu mubiri akomeza kuba yanduza cyane ndetse n’inyuma y’urupfu, ari yo mpamvu ibikorwa byo gushyingura abantu bishobora guteza ibyago bikomeye igihe bidakozwe n’ababifitiye ubumenyi n’ibikoresho byabugenewe.
Ubwoko bwa Bundibugyo buteye impungenge
Iyi ndwara iri gukwirakwira muri DR Congo ni ubwoko bwa Ebola buzwi nka Bundibugyo, ubwoko budasanzwe kandi kugeza ubu butaragira urukingo rwemewe ku rwego mpuzamahanga.
Inzobere mu buzima zivuga ko ubu bwoko bushobora guhitana hafi kimwe cya gatatu cy’ababwanduye.
WHO yazamuye urwego rw’iyirwara
Ku wa Gatanu, WHO yazamuye urwego rw’’iki cyorezo muri DR Congo, iruvana ku rwego “ruri hejuru” irushyira ku rwego “rurihejuru cyane”.
Umuyobozi wa WHO, Tedros Adhanom Ghebreyesus, yatangaje ko umubare w’abakekwa ko banduye Ebola urenze 900, muri bo abarenga 101 bamaze kwemezwa n’ibizamini bya laboratwari.
Ku wa Gatandatu, abategetsi ba Democratic Republic of the Congo batangaje ko abantu 204 bakekwa ko bamaze guhitanwa na Ebola, mu gihe 10 muri bo ari bo bamaze kwemezwa n’ibipimo bya laboratwari.
Uganda na yo yatangaje abanduye bashya
Mu gihe DR Congo ikomeje guhangana n’iki cyorezo, igihugu cya Uganda na cyo cyatangaje abandi bantu batatu bashya banduye Ebola.
Ibi byatumye umubare w’abamaze kuyandura muri Uganda ugera kuri batanu, ibintu bikomeje kongera impungenge z’ikwirakwira ry’iyi ndwara mu karere ka Afurika y’Iburasirazuba.
Inzego z’ubuzima mu bihugu byo muri aka karere zikomeje gukaza ingamba zo kugenzura abinjira n’abasohoka ku mipaka, gusuzuma abantu bafite ibimenyetso ndetse no gukangurira abaturage kwirinda kwegera abarwaye cyangwa imibiri y’abahitanywe n’iyi ndwara.

