Muri shampiyona 5 zikomeye iburayi, mu bwongereza niho hatarasobanuka ibyaho.

Mugihe Umwaka w’imikino wa 2025 – 2026 urimo kurangira, muri shampiyo 5 zikomeye kumugabane w’uburayi aho muri shampiyona enye soze ibintu byasobanutse ndetse n’amakipe yatwaye ibyobikombe akaba azwi, mu bwongereza ho biratandukanye nyuma yaho ikipe ya Arsenal na Manchecter city zikomeje gukubana muminsi yanyuma ya shampiyona ngo hamenyekane izatwara ikigikombe cya shampiyona aho bakomeje kugenda barushanwa amanota abiri gusa.

Muri Esipanye (spain) muri shampiyona yaho yitwa La Liga, ubu yamaze gutwarwa n’ikipe ya FC Barcelona aho yatwariye ikigikombe mu mukino wayihuje na mukeba. Aha yatwaye iyi shampiyona imaze gukina imikino 35 ifite amanota 91 mu gihe hasigaye imikino itatu ariko FC Barcelona ikaba yarashyizemo ikinyuranyo cy’amanota menshi kuburyo niyo ikipe ya kabiri yatsinda itayageraho.

Muri Bundesliga ikaba ari shampiyona ikinirwa mu budage (Germany) FC Bayern Munich yatwaye ikigikombe habura imikino 4 yose, gusa ubu bafite amanota 86 habura umukino umwe ngo shampiyona irangire bamaze gukina imikino 33.

Muri Serie A iyi ni shampiyona ikinirwa mugihugu cy’ Ubutaliyani, ikipe ya Inter Milan yatwaye ikigikombe imaze gukina imikino 36 ifite amanota 85 hakaba habura imikino ibiri ngo shampiyona irangire, ikaba yararushaga amanota agera kuri 15 Napoli ya kabiri.

Muri Ligue 1 aho akaba ari mubufaransa, ikipe ya PSG yatwaye ikigikombe nyuma y’umukino wa 33 aho PSD ifite amanota 76 mugihe ikipe iyikurikira ifite 67 ikaba yitwa Lens.

Muri Premier League aho akaba ari mubwongereza Ikipe ya Arsenal na Manchester City ziracyari gukubana aho usanga hagati yazo zombi harimo ikinyuranyo cy’amanota abiri gusa, nyuma y’imikino 36 imaze gukinwa Arsenal ifite amanota 79 mugihe ikipe ya Manchester City ifite 77. Mu mibare ubu arsenal niyo ifite igikombe gusa ikosa rito ryatuma Manchester city ihita icyitwarira. Muri make n’ugutegereza kugeza kumukino wanyuma mugihe ntakipe yaba itakaje kumunsi w’umukino wa 37.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *