ABAHANZI NYARWANDA BARI GUHIRWA NUKWEZI KWA 11 KUBERA IBITARAMO

Ukwezi kwa 11 kwa 2025 kuzaba igihe cy’intsinzi n’ibyishimo ku bahanzi nyarwanda batandukanye, aho ibikorwa byabo by’ubuhanzi n’ubusabane byongeye kwerekana ko umuziki nyarwanda uri ku rugero rwo hejuru kandi ugenda utera imbere umunsi ku wundi.Mu ijoro ryo ku wa Mbere tariki 3 Ugushyingo 2025, umuramyi Richard Nick Ngendahayo yageze i Kigali nyuma y’imyaka 17 ataratera…

Soma inkuru yose

Nyuma yo gusurwa na FERWAFA: Amavubi U-17 basigiwe iki mbere ya CECAFA?

Kuri uyu mugoroba, Ubuyobozi bw’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) buyobowe na Perezida Fabrice Shema, bwasuye Ikipe y’Igihugu y’abatarengeje imyaka 17 (Amavubi U-17) aho iri gukorera imyitozo mu rwego rwo kwitegura imikino ya CECAFA izaba mu minsi iri imbere. Iyi mikino ya CECAFA U-17 ni yo izatanga itike ku makipe azaserukira akarere ka Afurika y’Iburasirazuba…

Soma inkuru yose

ESE KIVUMBI KING YABA AJYIYE GUSINYA MURI 1:55 AM? AMAKURU Y’INDANI

Amakuru atugeraho avuga ko umuhanzi Kivumbi King yaba yamaze kugera mu biganza by’inzu ifasha abahanzi ya 1:55 AM, isanzwe ikorana n’inkingi za mwamba mu muziki nyarwanda zirimo Bruce Melodie n’abandi batari bamaze kubaka izina. Nubwo nta ruhande na rumwe rurabyemeza ku mugaragaro, abakurikirana umuziki bacitse ururondogoro kuva mu mpera z’icyumweru gishize ko bishoboka ko vubaha…

Soma inkuru yose

ARIEL WAYZ NA BABU BAGARUTSE MU MUZIKI NYUMA YO KUVA REHABILITATION CENTER.

Abahanzi babiri bakomeye mu muziki nyarwanda, Ariel Wayz na Babu, bagarutse mu ruhando rw’imyidagaduro nyuma y’igihe bari bamaze mu kigo ngororamuco (rehabilitation center) aho bari barajyanywe gukurikiranwa no gufashwa gusezerera ingeso yo gukoresha ibiyobyabwenge. Ibi byamamare byari bimaze igihe bitagaragara ku rubyiniro ndetse bikomeje gutera impaka hagati y’abafana n’abakurikiranira hafi impinduka zigenda zibera mu muziki…

Soma inkuru yose

IBYARANZE UMUKINO RAYON SPORT YABONYE MO INSINZI IVUYE MUMENYO YA RUBAMBA

Marine FC yakiriye Rayon Sports mu mukino wari ukomeye cyane wabereye kuri Stade Umuganda kuri uyu wa 2 ugushyingo . Uyu mukino w’umunsi wa 6 wa shampiyona y’u Rwanda (RPL) wari wahuruje imbaga y’abafana, cyane cyane abakunzi ba Rayon Sports bari bazindukiye gushigikira ikipe yabo bakunda. Guhera ku munota wa mbere, amakipe yombi yagaragazaga ubushake…

Soma inkuru yose

KIYOVU YANYAGIYE AS KIGALI IMVURA Y’IBITEGO KU MUKINO WABEREYE PELE STADIUM

Ikipe ya Kiyovu Sports yatsinze AS Kigali ibitego 3-0 mu mukino wabereye kuri Stade pele yigaragaza nk’ikipe iri gukomera no kongera kwerekana ko ishobora guharanira imyanya yo hejuru muri shampiyona ndetse no guharanira ibikombe. Uyu mukino watangiye ubona buri ruhande rushaka uko rwashyira igitutu ku rundi, gusa Kiyovu ibanza kwinjira neza mu mukino ari nako…

Soma inkuru yose

H.E PAUL KAGAME mu nama izatangiza Impinduramatwara ya AI muri Afrika

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, ari ku rutonde rwa bamwe mubakuru b’ibihugu bazitabira Inama ya Transform Africa Summit 2025, iteganyijwe kubera mu Mujyi umwe wa Conakry muri Guinée, ku matariki ya 12–14 Ugushyingo 2025. Iyi nama ikomatanyiriza hamwe abakuru b’ibihugu, impuguke mu ikoranabuhanga, inzego z’abikorera n’abashakashatsi, hagamijwe kurebera hamwe uko umugabane dutuye wa…

Soma inkuru yose

FERWAFA YATANZE IKIZERE CY’IKORESHWA RYA VAR MU MIKINO YO MU RWANDA

Umuyobozi w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), aherutse gutangaza ko hari amahirwe menshi y’uko mu gihe cya shampiyona gitaha hazatangira gukoreshwa ikoranabuhanga ryo gusubiramo amashusho, rizwi nka VAR (Video Assistant Referee). Ni amakuru yakiranywe ibyishimo n’abakunzi b’umupira, cyane cyane abafana b’imikino yo mu gihugu,abatoza, ndetse namakipe bamaze igihe basaba ikoreshwa ry’ikoranabuhanga mu rwego rwo kugabanya…

Soma inkuru yose

Minisiteri y’Uburezi yunze ubumwe na Ntare Louisenlund Community mu kwimakaza ishuri ryisumbuye rifite ibisubizo by’icyerekezo

Minisiteri y’Uburezi mu Rwanda yasinyanye amasezerano mashya y’ubufatanye na Ntare Louisenlund Community Benefit Company hagamijwe gukomeza imikorere y’ishuri ryisumbuye rya Ntare Campus, rihangwa ku rwego mpuzamahanga. Aya masezerano yasinywe ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu, ahagarariwe na Minisitiri w’Ubutegetsi mu burezi, Claudette Irere, n’umunyamuryango w’Inama y’Ubutegetsi ya Louisenlund, Dr. Peter Christian Rösner. Byagarutsweho ko…

Soma inkuru yose

Karongi: Ukekwaho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi yafashwe nyuma y’imyaka 31 yihisha

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) ku bufatanye na Polisi y’u Rwanda rwataye muri yombi Ndindabahizi Faustin uri mumyaka isaga 62, ukekwaho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, aho yari amaze imyaka 31 yihisha hisha ubutabera. Uyu mugabo yafatiwe ku biro by’Akagari ka Rubengera, mu Murenge wa Rubengera wo mu Karere ka Karongi, ubwo yari aje…

Soma inkuru yose