Amavubi yagumye ku mwanya wayo wa FIFA, Argentine yisubiza intebe ya mbere ku Isi.

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA) ryashyize hanze urutonde rushya rw’amakipe y’ibihugu, aho Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda “Amavubi” yagumanye umwanya wa 128 ku Isi. Nubwo abakunzi ba ruhago nyarwanda bari bafite amatsiko yo kureba niba hari impinduka zabaye nyuma y’imikino iheruka, Amavubi ntiyazamutse ndetse ntiyanamanuka, ibintu bigaragaza ko hakiri urugendo rurerure rwo kongera kuzamuka ku…

Soma inkuru yose

Niyigena Clément yumvikanye na Ceramica Cleopatra FC.

Myugariro w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda, Niyigena Clément, ageze ku ntambwe ya nyuma yo gutangira urugendo rushya muri ruhago yo hanze y’Igihugu nyuma y’amakuru avuga ko yamaze kumvikana n’ikipe ya Ceramica Cleopatra FC ikina mu Cyiciro cya Mbere muri Misiri. Aya makuru yatangajwe n’umunyamakuru wa RBA, Nkurunziza Emmanuel uzwi nka Ruvuyanga, umwe mu bakurikiranira hafi ibikorwa…

Soma inkuru yose

Niyigena Clément yasigaye mu Misiri.

Myugariro w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda, Niyigena Clément, yongeye kuvugisha abakunzi b’umupira w’amaguru nyuma y’amakuru y’uko atasubiranye n’Amavubi mu Rwanda avuye mu Misiri. Nk’uko byatangajwe n’umunyamakuru Éphrem Kayiranga wari kumwe n’iyi kipe, Niyigena yasigaye mu mujyi wa Cairo hamwe na Biramahire Abeddy, mu gihe bagenzi babo bari bamaze gufata indege ibagarura mu Rwanda. Aya makuru yahise…

Soma inkuru yose

Afurika Yabonye Umwami Mushya! RSSB Tigers yanditse amateka yegukana BAL 2026 bwa mbere

Mu ijoro ryuzuyemo amarangamutima, ibyishimo n’amateka atazibagirana, RSSB Tigers yegukanye igikombe cya Basketball Africa League (BAL) 2026 nyuma yo gutsinda Petro de Luanda amanota 90 kuri 88 ku mukino wa nyuma wabereye muri BK Arena i Kigali. Ni intsinzi yahinduye amateka ya basketball nyarwanda, ihita yandika izina rya RSSB Tigers mu makipe akomeye Afurika imaze…

Soma inkuru yose

RSSB Tigers yakoze amateka atsinda 106-97; BK Arena yose iririmba “Itsinzi bana b’u Rwanda” nyuma y’umukino udasanzwe.

Ikipe ya RSSB Tigers yanditse amateka akomeye cyane muri Basketball Africa League 2026 nyuma yo gutsinda Al Ahly amanota 106 kuri 97 mu mukino wa semifinal wabereye muri BK Arena. Uyu mukino wari utegerejwe cyane n’abakunzi ba basketball muri Afurika warangiye usize ibyishimo bidasanzwe mu bafana b’u Rwanda nyuma y’uko RSSB Tigers ikomeje gukora amateka…

Soma inkuru yose

RSSB Tigers yaciye ibintu i Kigali nyuma yo gusezerera FUS Rabat mu mukino wasize BK Arena ihagaze.

Ikipe ya RSSB Tigers yakomeje kwandika amateka mashya muri Basketball Africa League 2026 nyuma yo kugera muri kimwe cya kabiri cy’irangiza isezereye FUS Rabat mu mukino ukomeye cyane wabereye muri BK Arena. Nubwo ikipe yo muri Maroc yegukanye intsinzi y’umukino wa kabiri ku manota 99 kuri 98, RSSB Tigers ni yo yakomeje kubera ikinyuranyo kinini…

Soma inkuru yose

BAL Playoffs ziratangira uyu munsi i Kigali; RSSB Tigers irahura na FUS Rabat mu mukino utegerejwe cyane

Mu gihe abakunzi ba basketball muri Afurika bari bamaze iminsi bategereje aya marushanwa, imikino ya kamarampaka ya Basketball Africa League iratangira kuri uyu wa 22 Gicurasi 2026 muri BK Arena. Uyu munsi ni umwe mu minsi ikomeye cyane kuri basketball nyafurika kuko amakipe umunani akomeye agiye gutangira urugamba rwo gushaka igikombe cya BAL 2026. Abasesenguzi…

Soma inkuru yose

Impinduka zikomeye mu bakinnyi bazifashishwa n`u Bufaransa mu Gikombe cy’Isi

Didier Deschamps Umutoza w’Ikipe y’u Bufaransa yemeje abakinnyi azifashisha mu Gikombe cy’Isi kizaba mu mpeshyi aho ubusatirizi bwe buzaba buyobowe na Ousmane Dembélé ufite Ballon d’Or iheruka ndetse na Mbappe. Uwinjije ibitego 57ariwe Olivier Giroud ni we mukinnyi wenyine urusha Mbappé ufite ibitego 56 mu Ikipe y’u Bufaransa ndetse uyu mukinnyi wa Real Madrid akaba…

Soma inkuru yose

FERWAFA yahagaritse abakozi babiri b’umupira w’amaguru nyuma y’inkuru yavuzweho cyane kuri Gorilla FC

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ryatangaje ko ryahagaritse by’agateganyo abakozi 2 b’umupira w’amaguru nyuma y’ibikorwa byabaye mbere y’imikino itandukanye ya shampiyona n’Igikombe cy’Amahoro. Mu itangazo FERWAFA yashyize hanze kuri uyu wa 24 Mata 2026, yavuze ko hashingiwe ku ngingo z’amategeko agenga imyitwarire mu mupira w’amaguru, hafashwe icyemezo cyo guhagarika by’agateganyo Bwana Olivier Ndatimana ushinzwe…

Soma inkuru yose

U RWANDA MUMAHIRWE AKOMEYE RUGIYE KWAKIRA CAVB Men’s Club Championship 2026

None kuwa 21 mata 2026, Mu nyubako ya BK Arena habereye ikiganiro n’itangazamakuru cyagarutse ku myiteguro ya Shampiyona Nyafurika y’Amakipe y’Abagabo muri Volleyball izwi nka CAVB Men’s Club Championship 2026, iteganyijwe kubera mu Rwanda kuva tariki ya 22 Mata kugeza ku wa 3 Gicurasi 2026. Iri rushanwa rigiye kuba ku nshuro ya 47, rikaba ritegerejweho…

Soma inkuru yose