Perezida Kagame yageze i Riyadh, agirana ibiganiro na Prince Mohammed bin Salman mbere y’inama ya Future Investment Initiative

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yageze mu mujyi wa Riyadh muri Arabia Saudite aho yatangiriye uruzinduko rwe rw’akazi agirana ibiganiro byihariye na Nyiricyubahiro, Igikomangoma Mohammed bin Salman, Umuyobozi Mukuru w’Igihugu cya Arabia Saudite. Uru ruzinduko ruje mbere y’itangizwa ku mugaragaro ry’Inama mpuzamahanga y’ishoramari izwi nka Future Investment Initiative (FII), igeze ku nshuro ya…

Soma inkuru yose

Uwahoze ari Perezida wa Madagascar Andry Rajoelina yahejejwe mubuhungiro

Ibyahoze bisa n’ibihuha byamaze kuba ukuri nyuma y’uko Guverinoma ya Madagascar isohoye Iteka rya Minisitiri w’Intebe ryemeje ko uwahoze ari Perezida Andry Nirina Rajoelina yambuwe burundu ubwenegihugu bw’icyo gihugu. Iryo teka, ryasohotse mugitabo cy’amategeko cy’Igazeti ya Leta, ryemeza ko Rajoelina atakiri Umwenegihugu wa Madagascar narimwe, ahubwo asigaranye ubwenegihugu bw’u Bufaransa bivugwako yari yarahawe mu ahayingayinga…

Soma inkuru yose

Minisitiri w’Intebe Dr. Nsengiyumva yaganiriye n’Ambasaderi w’u Bufaransa mumushinga ukomeye hagati y’ibihugu byombi

Muruyu mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu taliki 22 ukwakira2025, Minisitiri w’Intebe Dr. Nsengiyumva yahaye ikaze mu biro bye Madamu Aurélie Royet-Gounin, Ambasaderi w’u Bufaransa mu Rwanda, kugirango baganire ibiganiro bigamije gukurura no gushimangira umubano n’ubufatanye hagati y’u Rwanda n’u Bufaransa mu nzego zitandukanye . Ibiganiro byabo byavuze cyane cyane ku gushimangira amahirwe ari mu…

Soma inkuru yose

Kigali yitegura guhuza abakomanda b’ingabo z’Afurika mu nama ishobora guhindura isura y’umutekano w’umugabane

Kigali – uyu munsi Tariki ya 18 Ukwakira 2025 – U Rwanda rwatangaje ko rugiye kwakira ku nshuro ya kabiri inama y’abakomando b’ingabo za Afurika (Land Forces Commanders Symposium – LFCS), igamije kurebera hamwe uko ingabo zishobora kurushaho kugira uruhare mu kwimakaza amahoro n’umutekano ku mugabane. Iyo nama izabera i Kigali kuva ku itariki ya…

Soma inkuru yose

Kabarebe yakiriye Ambasaderi w’u Bufaransa mu Rwanda

Kigali – Kuri uyu wa kabiri nimugoroba, Minisitiri wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga, Gen (Rtd) James Kabarebe, yakiriye Ambasaderi w’u Bufaransa mu Rwanda, Nyakubahwa Aurélie Royet-Gounin, mu ruzinduko rwo gushimangira umubano rwabereye ku cyicaro cya Minisiteri abereye umuyobozi. Ibi biganiro byabaye mu rwego rwo gukomeza gushimangira ubufatanye n’ubuhahirane hagati ya Leta y’u Rwanda n’u…

Soma inkuru yose

Amasomo mashya y’ubuyobozi agiye gushyirwa mu nteganyanyigisho y’Ishuri rya Gisirikare rya Nyakinama

Uyu munsi mu Karere ka Musanze, Umuyobozi w’Ishuri rya Gisirikare rya RDF ryigisha Ofisiye bakuru riri Nyakinama, Brig Gen Andrew Nyamvumba, yafunguye ku mugaragaro inama yo kwemeza no gutangiza amasomo mashya ajyanye n’ubuyobozi ku rwego rwo hejuru yenda kwinjizwa mu nteganyanyigisho y’iri shuri vuba bidatinze. Iyi nama ifite intego yo gushyigikira gahunda yo kuzamura ireme…

Soma inkuru yose

Peresida Evaliste Ndayishimiye yagaragaye mu muhango wo Kwibuka Umuganwa Rudoviko Rwagasore

Kuri uyu wa 13 Ukwakira 2025, Abanyagihugu b’i Burundi bibuka imyaka 64 ishize Intwari yubwigenge, Umuganwa Rudoviko Rwagasore aguye urw’abagabo. Yishwe ku wa 13 Ukwakira 1961 i Bujumbura, nyuma y’iminsi mike atsindiye amatora yo kuba Minisitiri w’Intebe w’igihugu cyari kigiye kubona ubwigenge. Uyu munsi wo kwibuka ufite agaciro gakomeye mu mateka y’Uburundi, kuko ushimangira ubutwari…

Soma inkuru yose

Maj Gen Vincent Gatama asimbuye Maj Gen Emmy Ruvusha mu buyobozi bw’Inzego z’Umutekano z’u Rwanda muri Cabo Delgado

Cabo Delgado, 10 Ukwakira 2025 – Mu muhango wabereye ku cyicaro gikuru cy’Inzego z’Umutekano z’u Rwanda muri Mozambique, giherereye mu Karere ka Mocímboa da Praia, habaye guhererekanya ubuyobozi hagati ya Maj Gen Emmy K. Ruvusha na Maj Gen Vincent Gatama. Maj Gen Ruvusha, wari umaze umwaka ayobora ibikorwa by’Inzego z’Umutekano z’u Rwanda muri Cabo Delgado,…

Soma inkuru yose

Polisi y’u Rwanda na Polisi ya Indonesia zasinye amasezerano y’ubufatanye mu kurwanya ibyaha mpuzamahanga

Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda, CG Felix Namuhoranye, ari kumwe n’itsinda ayoboye, basuye icyicaro cya Polisi ya Indonesia (Indonesian National Police) aho bakiriwe n’Umuyobozi Mukuru wayo, General Listyo Sigit Prabowo. Iyi nama yasoje isinywemo amasezerano y’ubufatanye hagati ya Polisi y’u Rwanda n’iya Indonesia, agamije gushimangira imikoranire mu kurwanya ibyaha n’iterambere ry’inzego z’umutekano. Umuhango wo…

Soma inkuru yose

Perezida Kagame yakiriye abaminisitiri bashya basezeranya gukorera Abanyarwanda ubunyangamugayo n’umurava

Kuri uyu wa Mbere mu masaha ya nimugoroba, muri Village Urugwiro, Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yayoboye umuhango w’irahira ry’abaminisitiri bashya baherutse kugirirwa icyizere mu mirimo mishya. Abo barahiriye ni Juvenal Marizamunda wagizwe Minisitiri w’Ingabo, Consolée Uwimana wagizwe Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango, ndetse na Yves Iradukunda wagizwe Minisitiri wa Leta muri Minisiteri y’Ikoranabuhanga…

Soma inkuru yose