Ese E-ndangamuntu izahindura uburyo bw’amatora mu Rwanda?;NEC, NIDA na RISA mu biganiro bishya

Kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 16 Nzeri 2025, ku cyicaro cy’Urukiko rw’Amatora (NEC) habereye inama ikomeye yahuje abayobozi b’inzego eshatu z’ingenzi mu miyoborere no mu ikoranabuhanga mu Rwanda, arizo Komisiyo y’Igihugu y’Amatora (NEC), Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Indangamuntu (NIDA) n’Ikigo gishinzwe Ikoranabuhanga mu Itumanaho no mu Isakazabumenyi (RISA). Iyi nama yari igamije kurebera hamwe uburyo…

Soma inkuru yose

Mukabunani Christine asubije Europarl: Opozisiyo y’u Rwanda ifite ijwi riyivugira

Depite Mukabunani Christine, umwe mu bahagarariye abaturage mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda, yagaragaje ko atishimiye uburyo bamwe mu banyapolitiki bo mu Nteko y’u Burayi (European Parliament) bashaka kugaragaza ko aribo bahagarariye ijwi ry’abanyarwanda batavuga rumwe n’ubutegetsi. Yagize ati: “Ntabwo dushaka ko @Europarl_EN ivugira opposition y’u Rwanda kuko natwe tuzi kuvuga.” Ibi yabivugiye mu gihe…

Soma inkuru yose

Perezida Kagame yageze i Doha, yakirwa n’Umunyamabanga wa Leta muri Qatar

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yageze i Doha muri Qatar aho yakiriwe n’Umunyamabanga wa Leta Ushinzwe Ububanyi n’Amahanga muri iki gihugu, Sultan bin Saad bin Sultan Al Muraikhi. Uru ruzinduko rugamije gukomeza gutsura umubano n’ubufatanye hagati y’u Rwanda na Qatar mu nzego zitandukanye z’ubuzima bw’ibihugu byombi. Biteganyijwe ko Perezida Kagame ahura na Nyiricyubahiro…

Soma inkuru yose

Minisitiri w’Uburezi w’u Rwanda yitabiriye Inama ya Mbere y’Abaminisitiri ku Burezi Bwo mu Muryango wa EAC

Kuva ku wa 9 kugeza ku wa 11 Nzeri 2025, Minisitiri w’Uburezi w’u Rwanda, Dr. Nsengimana, ari kumwe n’Umuyobozi Mukuru w’Inama Nkuru y’Amashuri Makuru (HEC), bitabiriye Inama ya Mbere y’Abaminisitiri ku bijyanye n’Uburezi Bwo mu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC). Iyo nama ifite insanganyamatsiko igira iti: “Kunoza Ubumwe bw’Akarere binyuze mu Buhujwe mu Burezi Bwo…

Soma inkuru yose

Minisitiri w’Ubuzima yasuye uruganda rwa LABOPHAR rwavuguruwe mu Ntara y’Amajyepfo

Minisitiri w’Ubuzima, Dr. Nsanzimana Sabin, yagiriye uruzinduko mu Ntara y’Amajyepfo aho yasuye uruganda rwa LABOPHAR rwongeye kuvugururwa, rugiye gutangira gukora imiti yifashishwa mu buvuzi by’umwihariko indyo ngengabuzima zifasha abarwayi bakenera imiti itangwa mu buryo bwa “IV fluids”. Uru ruganda ni kimwe mu bikorwa bikomeye bigamije guteza imbere urwego rw’ubuzima mu Rwanda, hagamijwe kongera ubushobozi bwo…

Soma inkuru yose

“Twara akazi kawe, : Gitifu w’Umurenge wa Nkomane mu magambo akomeye asubiza Mayor

Mu karere ka Nyamagabe, haravugwa inkuru yateje AMAGAMBO nyuma y’uko Gitifu w’Umurenge wa Nkomane asubije Mayor we Hildebrand Niyomwungeri mu buryo bwatunguye benshi. Byatangiye ubwo Gitifu yari mu kiruhuko (congé), maze Mayor amuhamagara kugira ngo amwibutse inshingano zimurindiriye. Mu kumusubiza, Gitifu yavuze amagambo akomeye ati: “Twara akazi kawe, nari ndambiwe ko uncunaguza n’intonganya zawe.” Aya…

Soma inkuru yose

Ingabo z’u Rwanda muri UNMISS Zongeye kugaragara mubikorwa byiza byo gutanga ubuvuzi ku baturage ba Juba

Juba – Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bwo kugarura amahoro muri Sudani y’Epfo (UNMISS), zatangiye igikorwa cyihariye cyo gutanga serivisi z’ubuvuzi ku buntu, cyahuje abaturage bagera kuri 350 bo mu Mujyi wa Juba. Ni igikorwa cy’iminsi itanu cyateguwe mu rwego rwo kunoza imibereho myiza y’abaturage no kubafasha kubona ubuvuzi bufite ireme. Iki…

Soma inkuru yose

Amahugurwa y’Abatoza b’Abakomanda b’Amatsinda y’Ingabo mu bikorwa byo Kubungabunga Amahoro yatangiye i Musanze

Amahugurwa yiswe “Battle Group Commanders’ Training of Trainers in Peace Support Operations” yatangiye kuri uyu wa Mbere muri Rwanda Peace Academy iherereye mu Karere ka Musanze. Aya mahugurwa yateguwe ku bufatanye bwa Rwanda Peace Academy, Eastern African Standby Force (EASF) Secretariat hamwe na African Peace and Security Architecture (APSA), kandi azamara igihe cy’ibyumweru bibiri, uhereye…

Soma inkuru yose

Kigali yakiriye Amahugurwa Mpuzamahanga ku Mutekano w’Ikoranabuhanga n’Iterabwoba ryo kuri Murandasi.

Kigali, ku wa 8 Nzeri 2025 – Amahugurwa y’ubumenyi ku mutekano w’ikoranabuhanga (Cybersecurity) n’iterabwoba rikoreshwa ikoranabuhanga (Cyber Terrorism Awareness Workshop) yatangiye kuri uyu wa Mbere mu Mujyi wa Kigali, akaba ari kubera kuri Kigali Paramount Hotel, aho azamara iminsi itanu, kuva tariki ya 8 kugeza ku ya 12 Nzeri 2025. Iri huriro ryateguwe ku bufatanye…

Soma inkuru yose

Ese ibi bintu biramugwa amahoro?

Urwego rw’Igihugu  rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwatangaje ko rwataye muri yombi umusore witwa Ndagijimana Straton ni  nyuma yo gufatirwa mu bikorwa byo kwiyitirira inzego z’umutekano abinyujije ku mbuga nkoranyambaga. Uyu musore yafashwe amaze gushyira ku rubuga rwa TikTok amafoto yambaye impuzankano isa n’iy’Urwego rw’Ubugenzacyaha, ibintu byateje urujijo no gushidikanya ku baturage. Nk’uko amakuru yagiye hanze abivuga, Straton…

Soma inkuru yose