Espagne Lamine Yamal na Nico Williams biteguye igikombe cy’isi

Ikipe y’igihugu ya Espagne iri mu munezero mwinshi nyuma y’amakuru meza y’uko ba rutahizamu bayo bakiri bato ,Lamine Yamal na Nico Williams , bameze neza kandi biteguye gukina umukino wa mbere w’Igikombe cy’Isi cya 2026 . Aba bakinnyi bombi bari bafite ibibazo by’imvune z’imitsi , ariko imyitozo n’isuzuma rya nyuma byerekanye ko basize ibyo bibazo inyuma .

Umutoza wa Espagne ,Luis de la Fuente , yakuyeho urujijo yemeza ko aba basore bombi bazaba bahari ku mukino bafitanye na Cap-Vert tariki 15 Kamena 2026 i Atlanta . Nubwo bishobora kugorana ko babanza mu kibuga kubera kwirinda gusubira inyuma , kubona gusa ko bakize nu inkuru yakuye umutima abafana ba Espagne .

Kugira uru ruganda rw’ubusatiraji basubiye mu kazi bitanga icyizere gikomeye cyo gusubira mu bihe byiza bya Euro 2024 . Muri icyo gikombe cy’uburayi , ubufatanye bwa Lamine Yamal na Nico Williams ku mpande bwazonze amakipe menshi , kugeza n’aho bafatanyije gutsinda ubwongereza ku mukino wa nyuma .

Lamine Yamal ,ufite imyaka 18 y’amavuko , ari mu bakinnyi bitezweho guheka Espagne muri iri rushanwa rikomeye .Yamal yari amaze iminsi hanze y’ikibuga kuva muri Mata kubera imvune y’imitsi y’itako yagiriye muri FC Barcelona , ariko ubwo ikipe yageraga muri Leta Zunze Ubumwe za Amerka yerekanye ko amerewe neza cyane .

Ku rundi ruhande ,Nico Williams ukinira Athletic Bilbao na we yari afite ikibazo cy’imvune cyatumye asiba imikino ya nyuma ya Shampiyona . Uyu musore w’imyaka 23 azwiho umuvuduko ukabije n’ubuhanga bwo gupfura ba myugariro , ibintu Espagne yari gukumbura cyane iyo aza kuba adahari .

kugira ngo bitwararike , aba bakinnyi bombi ntabwo bajyanye n’ikipe muri Mexique gukina umukino wa gicuti wa nyuma batsinzemo Peru . Bagumye ku mwiherero wabo uri i Chattanooga muri Leta ya Tennessee imyitozo yoroheje no kugarura umubiri mu buryo bwiza .

Abafana bo muri Espagne bari mu byishimo bitoroshye kuko bazi neza ko iyo uyu muco w’ubwumvikane hagati ya Yamal na Williams ugarutse mu kibuga nta gushidikanya kunsinzi .

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *