RSSB Tigers Yiteguye Intambara ya BAL Playoffs, Aho Oumar Ballo Ategerejwe i Kigali.

Mu gihe hasigaye iminsi mike ngo imikino ya kamarampaka ya Basketball Africa League (BAL) 2026 itangire i Kigali, ikipe ya RSSB Tigers ikomeje kongera imbaraga mu rwego rwo kwitwara neza imbere y’abafana bayo, aho amakuru agezweho avuga ko yamaze kumvikana na rutahizamu ukomeye ukomoka muri Mali, Oumar Ballo.

Uyu mukinnyi ufite uburebure bwa metero 2.13, asanzwe akinira ikipe ya Pallacanestro Cantù yo mu Butaliyani, ategerejwe kugera i Kigali kuri uyu wa Kabiri tariki ya 12 Gicurasi 2026 kugira ngo afashe Tigers mu rugamba rwa playoffs.

Ibi bije nyuma y’uko RSSB Tigers yitwaye neza muri Kalahari Conference yabereye muri Afurika y’Epfo, ibintu byayihesheje itike yo gukina playoffs zizabera muri BK Arena kuva tariki ya 22 kugeza ku ya 31 Gicurasi 2026.

Abasesenguzi ba basketball muri Afurika bavuga ko kuza kwa Ballo bishobora guha Tigers amahirwe menshi cyane, cyane ko uyu mukinnyi azwiho ubuhanga bwo gufata rebounds no gutsinda amanota hafi y’agaseke.

Mu mikino ya 1/4 cya nyuma, RSSB Tigers izacakirana na FUS Rabat yo muri Maroc, imwe mu makipe yitwaye neza muri Sahara Conference.

Uyu mwaka wa BAL uri kuvugisha benshi kubera uburyo amarushanwa yakomeje kwaguka, aho amakipe 12 yo mu bihugu bitandukanye bya Afurika ari guhatanira igikombe. Mu makipe akomeye amaze kubona itike ya playoffs harimo Al Ahly, Petro de Luanda ndetse na ASC Ville de Dakar.

BAL 2026 izasorezwa i Kigali ku wa 31 Gicurasi, aho biteganyijwe ko abafana benshi bazitabira iyi mikino izongera gushyira u Rwanda ku ikarita y’imikino mpuzamahanga ya basketball.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *