Mucyo Felicien

uRwanda rukomeje kuba ubukombe mukwakira ibirori bikomeye by’Isi

Mu myaka iheruka, u Rwanda rwahindutse umwe mu mitima y’Isi yakira inama n’ibirori bikomeye by’amateka, bikerekana ubushobozi n’ubushake bwo gushyira igihugu mu rwego mpuzamahanga. Mu 2022, u Rwanda rwakiriye Commonwealth Heads of Government Meeting (CHOGM), ihuriro rikomeye ryahuje abakuru b’ibihugu na za guverinoma bo mu muryango wa Commonwealth. Byari ibyumweru byerekanye ubudasa bw’u Rwanda mu…

Soma inkuru yose

Kuva mu biganiro na Aliyev kugeza kuri Formula 1: Perezida Kagame i Baku

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, uri mu ruzinduko rw’akazi muri Azerbaijan, yasuye umuhanda wo mu Mujyi wa Baku wakiniweho isiganwa rya Formula 1, rizwi nka Azerbaijan Grand Prix. Uyu muhanda w’icyubahiro, uzwi nka Baku City Circuit, ni umwe mu mihanda ikunze kwakira amasiganwa akomeye ku rwego mpuzamahanga, aho higeze kubera irushanwa rikomeye ryitabiriwe…

Soma inkuru yose

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Perezida Ilham Aliyev i Baku

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yakiriwe na Perezida Ilham Aliyev w’igihugu cya Azerbaijan mu Ngoro y’Umukuru w’Igihugu ya Zugulba Presidential Palace iherereye i Baku, kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 20 Nzeri 2025. Abakuru b’ibihugu byombi bagiranye ibiganiro byihariye (tête-à-tête) bigamije gushimangira ubufatanye hagati ya Kigali na Baku. Muri ibyo biganiro, Perezida Kagame…

Soma inkuru yose

Perezida Kagame yunamiye intwari z’Azerbaijan mu ruzinduko i Baku

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, uri mu ruzinduko rw’akazi i Baku muri Azerbaijan, ku m kuruyu wa Gatandatu tariki ya 20 Nzeri 2025, yasuye Urwibutso rwa Alley of Honor, rumenyerewe nk’ahakomeye mu mateka y’iki gihugu. Muri urwo ruzinduko, Perezida Kagame yunamiye Heydar Aliyev, wabaye Perezida wa gatatu wa Azerbaijan, ndetse n’umugore we Zarifa…

Soma inkuru yose

UCI Road World Championships Kigali 2025: amaso yose yerekejwe ku Rwanda

Imyiteguro y’Isiganwa ry’Amagare ry’Isi (UCI Road World Championships 2025) rizabera i Kigali kuva ku wa 21 kugeza ku wa 28 Nzeri 2025 yamaze kurangira. Abategura iri siganwa batangaje ko ibikoresho byose by’ingenzi n’ibikorwa remezo byari bisabwa byamaze gushyirwa ku murongo, ndetse n’amakipe menshi azahatana yamaze kugera mu Rwanda. Iki ni cyo gikorwa cya mbere cy’Isi…

Soma inkuru yose

AFC/M23 ishinja ubutegetsi bwa Kinshasa kwica abasivili, isaba ubufatanye mpuzamahanga

Kuri uyu wa 19 Nzeri 2025, umutwe wa Alliance Fleuve Congo (AFC/M23) wasohoye itangazo ryiswe “Itangazo ryemewe” ryibanda ku byaha biregwa ubutegetsi bwa Kinshasa ndetse n’ingaruka zabyo ku baturage b’abasivili. Mu itangazo ryashyizweho umukono n’Umuyobozi Ushinzwe Itumanaho, Irénée Kankuya, AFC/M23 ivuga ko ingabo za Leta ya Congo (FARDC) zakoresheje intwaro zikomeye n’indege z’intambara mu gace…

Soma inkuru yose

Shampiyona y’Isi y’Amagare: Kigali mu ibanga ry’imyiteguro

Kuri uyu wa gatanu, kuri Stade Amahoro i Remera, habereye ikiganiro n’abanyamakuru cyagarutse ku myiteguro ya Shampiyona y’Isi y’Amagare (UCI Road World Championships 2025) izabera mu Mujyi wa Kigali kuva ku itariki ya 21 kugeza ku ya 28 Nzeri 2025. Iki kiganiro cyitabiriwe n’abayobozi batandukanye barimo Minisitiri wa Siporo, Mukazayire Nelly; Meya w’Umujyi wa Kigali,…

Soma inkuru yose

Kigali yahawe icyubahiro: U Rwanda ku isonga mu kongera ubushobozi bwa Afurika

Kigali – Kuri uyu wa Kane, Minisitiri w’Ibikorwa by’Ubutabazi, Maj. Gen. (Rtd) Albert Murasira, yakiriye Bwana Ngabitsinze, Umunyamabanga Wungirije w’Umuryango w’Abibumbye akaba n’Umuyobozi Mukuru w’Itsinda rya African Risk Capacity (ARC), ari kumwe n’itsinda ry’abayobozi bamuherekeje, mu ruzinduko rw’icyubahiro bagiriye u Rwanda. Ibiganiro byahuje impande zombi byibanze ku nshingano za ARC ku rwego rwa Afurika, zirimo…

Soma inkuru yose

Cabo Delgado: U Rwanda rugiye gutangiza icyicaro cya gisirikare kizahindura amateka muri Afurika

U Rwanda rukomeje kugaragaza umwihariko mu bikorwa byo kugarura amahoro no kurwanya iterabwoba muri Afurika. Nyuma y’igihe kitari gito rugaragara mu bikorwa byo gucunga umutekano n’ubutumwa bw’amahoro, ubu igihugu kiri gutera indi ntambwe igaragara: kuba igihugu cya mbere muri Afurika kigira icyicaro cya gisirikare gihoraho mu kindi gihugu cya Afurika. Amakuru aturuka mu nzego z’umutekano…

Soma inkuru yose

RURA yazamuye ingano y’amashanyarazi acibwa make mu ngo: Ese ni intambwe nshya mu kugera kuri ‘Electricity for All’?

Urwego Ngenzuramikorere (RURA) rwatangaje ko ruvuguruye ibiciro by’amashanyarazi mu Rwanda, mu rwego rwo gukomeza gushyigikira gahunda yo kugeza umuriro kuri bose no korohereza ingo ku rwego rw’ibanze. Muri iri vugurura, icyiciro cya mbere cy’ingo cyari gisanzwe gifite uburenganzira bwo gukoresha kilowate 15 ku giciro gito, cyongerewe kigera kuri kilowate 20, aho zizajya zishyurwa amafaranga 86…

Soma inkuru yose