BK Arena yasohoye itangazo ryihanganisha abakunzi ba Boukuru nyuma yo kutaririmba muri ‘UB40 Featuring Ali Campbell’

Abakunzi b’umuhanzikazi Boukuru basigaye mu rujijo nyuma y’uko atigeze agaragara ku rubyiniro mu gitaramo cya UB40 Featuring Ali Campbell cyabereye muri BK Arena, nyamara yari umwe mu bahanzi bari bateganyijwe gutangiza icyo gitaramo. Boukuru yari yamaze kugera aho igitaramo cyabereye ndetse yari yiteguye gutaramira abafana be, ibintu byatumye benshi batungurwa no kuba yararangiye atigeze aririmba….

Soma inkuru yose

BK Arena yahindutse nka Jamaica: Ibyaranze igitaramo cya UB40 cyasize abakunzi ba Reggae banyuzwe

Mu ijoro ryo ku wa 9 Kamena 2026, BK Arena yari yuzuyemo abakunzi ba Reggae bari baje kwihera ijisho itsinda ry’ibyamamare UB40 Featuring Ali Campbell ryakoreye igitaramo cya mbere mu Rwanda. Iki gitaramo cyari kimwe mu bigize urugendo rwabo rwa “Big Love Tour”, cyitabiriwe n’abafana baturutse mu bice bitandukanye by’u Rwanda ndetse no mu bihugu…

Soma inkuru yose

BK Arena YATIGISE! RSSB Tigers yegukanye Afurika itsinze Petro de Luanda mu mukino wasize Kigali yose ihagaze

Ijoro ryo ku wa 31 Gicurasi 2026 ryahise ryinjira mu mateka ya siporo y’u Rwanda nyuma y’uko RSSB Tigers yegukanye igikombe cya Basketball Africa League itsinze Petro de Luanda amanota 90 kuri 88 mu mukino wa nyuma wabereye muri BK Arena. Ni intsinzi yasize Kigali yose ivugwamo basketball, abantu ku mbuga nkoranyambaga batangira gusakaza amafoto,…

Soma inkuru yose

RSSB Tigers yakoze amateka atsinda 106-97; BK Arena yose iririmba “Itsinzi bana b’u Rwanda” nyuma y’umukino udasanzwe.

Ikipe ya RSSB Tigers yanditse amateka akomeye cyane muri Basketball Africa League 2026 nyuma yo gutsinda Al Ahly amanota 106 kuri 97 mu mukino wa semifinal wabereye muri BK Arena. Uyu mukino wari utegerejwe cyane n’abakunzi ba basketball muri Afurika warangiye usize ibyishimo bidasanzwe mu bafana b’u Rwanda nyuma y’uko RSSB Tigers ikomeje gukora amateka…

Soma inkuru yose

RSSB Tigers yaciye ibintu i Kigali nyuma yo gusezerera FUS Rabat mu mukino wasize BK Arena ihagaze.

Ikipe ya RSSB Tigers yakomeje kwandika amateka mashya muri Basketball Africa League 2026 nyuma yo kugera muri kimwe cya kabiri cy’irangiza isezereye FUS Rabat mu mukino ukomeye cyane wabereye muri BK Arena. Nubwo ikipe yo muri Maroc yegukanye intsinzi y’umukino wa kabiri ku manota 99 kuri 98, RSSB Tigers ni yo yakomeje kubera ikinyuranyo kinini…

Soma inkuru yose

BAL 2026 igiye kongera gushyushya Kigali; amakipe umunani agiye guhatanira igikombe cya Afurika.

Mu gihe habura iminsi mike ngo imikino ya kamarampaka ya Basketball Africa League itangire, abakunzi ba basketball muri Afurika bakomeje kwitegura amarushanwa ategerejwe na benshi azabera muri BK Arena. Uyu mwaka wa BAL wongeye gukurura amaso y’abakunzi ba siporo kubera uburyo amakipe yageze muri playoffs agaragaza urwego rwo hejuru ndetse n’ihangana ritegerejwe hagati yayo. Kigali…

Soma inkuru yose

RSSB Tigers ikomeje gutera ubwoba muri BAL; abafana batangiye kwizera amateka mashya i Kigali.

Mu gihe imikino ya kamarampaka ya Basketball Africa League iri kugenda yegereza, RSSB Tigers ikomeje kuba imwe mu makipe ari kuvugisha cyane abakunzi ba basketball muri Afurika, cyane cyane nyuma y’imyiteguro ikomeye iyi kipe iri gukora mbere ya playoffs zizabera muri BK Arena. Mu Rwanda, abafana benshi batangiye kubona RSSB Tigers nk’ikipe ishobora gukora amateka…

Soma inkuru yose

THE BEN NA BRUCE MELODIE BANDITSE AMATEKA MASHYA MU MYIDAGADURO NYARWANDA BINYUZE MU KIGANIRO CYABEREYE MURI KIGALI CAR FREE ZONE

Kuri uyu wa Mbere tariki ya 15 Ukuboza 2025, mu mbuga ngari z’Umujyi wa Kigali zizwi nka Kigali Car Free Zone hatangiriye urugendo rushya rwo kwandika amateka akomeye mu myidagaduro nyarwanda, binyuze mu kiganiro n’itangazamakuru cyahuje abahanzi bakomeye The Ben na Bruce Melodie.Guhera ahagana saa sayine za mu gitondo (10:00 AM), abanyamakuru b’ibitangazamakuru bitandukanye, abakora…

Soma inkuru yose

BK Arena yakiriyemo Hanga Pitch Fest 2025: irushanwa rigamije guteza imbere imishinga y’ikoranabuhanga y’urubyiruko

Mu gihe u Rwanda rukomeje gushora imari n’ubushake mu guteza imbere ikoranabuhanga rishobora guhindura ubuzima bw’abaturage, kuri uyu munsi BK Arena yakiriyemo igikorwa cyo guhemba imishinga yatoranyijwe mu irushanwa ngarukamwaka rya Hanga Pitch Fest, rimaze kuba ikimenyetso cy’imbaraga z’igihugu mu gushyigikira abahanga b’ejo hazaza. Hanga Pitch Fest, ryatangijwe mu 2021, riri gukorwa ku nshuro yaryo…

Soma inkuru yose