Perezida Kagame yageze i Riyadh, agirana ibiganiro na Prince Mohammed bin Salman mbere y’inama ya Future Investment Initiative

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yageze mu mujyi wa Riyadh muri Arabia Saudite aho yatangiriye uruzinduko rwe rw’akazi agirana ibiganiro byihariye na Nyiricyubahiro, Igikomangoma Mohammed bin Salman, Umuyobozi Mukuru w’Igihugu cya Arabia Saudite. Uru ruzinduko ruje mbere y’itangizwa ku mugaragaro ry’Inama mpuzamahanga y’ishoramari izwi nka Future Investment Initiative (FII), igeze ku nshuro ya…

Soma inkuru yose

POLICE Y’U RWANDA KUBUFATANYE NA RIB YATANGIJE IPEREREZA KU BACURUZI BAHINDURA UTUVIDO TWARIMO JUS YA SALAMA

Polisi y’u Rwanda ku bufatanye n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) yatangaje ko yatangije iperereza rigamije gukurikirana abacuruzi bagaragara mu mashusho acicikana ku mbuga nkoranyambaga bahindura uduvido twarimo Jus ya Salama, bamaze iminsi bahagaritse ku isoko n’inzego zibifitiye ububasha . Amashusho yashyizwe hanze agaragaza abantu batandukanye barimo gusimbuza ibirango bya Salama Juice ku mavideyo, bakabomekaho ibirango bishya…

Soma inkuru yose

Ndahiro Taikuni yemeje ko yagiranye ikiganiro cya One-on-One na Perezida Kagame, nubwo bamwe babishidikanyaga

Nyuma y’uko bamwe ku mbuga nkoranyambaga bakomeje gushidikanya ku byavugwaga ko umu influencer Ndahiro Taikuni yagiranye ikiganiro cya One on One na Nyakubahwa Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, amakuru mashya bivugwa ko ikiganiro cyabaye yewe bamaze no kugishutinga ni nyuma yaho taikuni yabanje gutangaza ko yatumiye H.E Paul KAGAME nkumutumirwa w’icyubahiro,aho yabinyujije kurukuta…

Soma inkuru yose

Imodoka ya Trinity iguye ku Gaseke: Abagenzi barakomereka bikomeye!

Impanuka ikomeye y’imodoka ya kompanyi itwara abagenzi ya Trinity Express yabereye mu gitondo cyo kuri iki Cyumweru ahazwi nko ku Gaseke, mu Karere ka Gicumbi, itera ibikomere bikomeye ku bantu barenga icumi mubari mumodoka. Amakuru yemejwe n’ababonye ibyabaye avuga ko imodoka yari iturutse mu Mujyi wa Kigali yerekeza mu Ntara y’Amajyaruguru, igahura n’ikibazo cy’amapine cyangwa…

Soma inkuru yose

Uwahoze ari Perezida wa Madagascar Andry Rajoelina yahejejwe mubuhungiro

Ibyahoze bisa n’ibihuha byamaze kuba ukuri nyuma y’uko Guverinoma ya Madagascar isohoye Iteka rya Minisitiri w’Intebe ryemeje ko uwahoze ari Perezida Andry Nirina Rajoelina yambuwe burundu ubwenegihugu bw’icyo gihugu. Iryo teka, ryasohotse mugitabo cy’amategeko cy’Igazeti ya Leta, ryemeza ko Rajoelina atakiri Umwenegihugu wa Madagascar narimwe, ahubwo asigaranye ubwenegihugu bw’u Bufaransa bivugwako yari yarahawe mu ahayingayinga…

Soma inkuru yose

Võ Nguyên Giáp: Umusirikare watsinze Amerika n’u Bufaransa adafite indege!

General Võ Nguyên Giáp, izina rikomeye mu mateka ya Vietnam, ni umwe mu basirikare bake ku isi bashoboye guhindura amateka y’intambara ku isi yose. Uyu mugabo wamenyekanye nk’“umutekinisiye akaba numuhanga w’intambara”, yatsinze ibihangange bibiri by’isi; Abafaransa n’Abanyamerika ,atari ku bw’imbunda gusa, ahubwo ku bw’ubwenge, ubwitange gupanga n’ubushishozi. Giap yayoboye ingabo za Vietnam mu ntambara yo…

Soma inkuru yose

Rutahizamu mushya ahesheje ikipe ye insinzi imbere ya Amagaju FC

Kigali, 24 Ukwakira 2025 Rutahizamu mushya wa Rayon Sports, Yves Habimana, yigaragaje ku nshuro ya mbere nk’intwaro ikomeye mu busatirizi bw’iyi kipe, nyuma yo gutsinda igitego cyonyine cyahesheje ikipe ye intsinzi ya 1-0 imbere ya Amagaju FC mu mukino wabereye kuri Pere Stadium iherereye Kigali – Nyamirambo. Ni umukino wari witezwe cyane n’abakunzi ba Rayon…

Soma inkuru yose

Kimisagara: Abasoje amahugurwa bahawe impamyabumenyi y’ubuzima bufite icyerekezo

Kuri uyu wa gatanu Kigali, 24 Ukwakira 2025 , ku kigo cy’urubyiruko cya Kimisagara One Stop Center ahazwi nka Maison des Jeunes, hasojwe ku mugaragaro amahugurwa yamaze ukwezi azwi nka “Living Your Vision”, yateguwe na Africa for Excellence Mission ku bufatanye na Minisiteri y’Urubyiruko n’Ubuhanzi (MoYA). ni umuhango wayobowe na Regina Nyirankesha, witabirwa n’urubyiruko rwinshi…

Soma inkuru yose

Perezida Kagame yakiriye indahiro z’Abasenateri bashya batandatu

Parlement, Kigali – 24 Ukwakira 2025 Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, kuri uyu wa gatanu ku gicamunsi, yayoboye umuhango wo kurahira kw’abasenateri batandatu bashya, wabereye muri Sena y’u Rwanda, aho bazahurira n’abandi 20 basanzwe bagize Inteko Ishinga Amategeko, Umutwe wa Sena ni mugihe harimo 4 bashyizweho na nyakubahwa wa repuburika y’uRwanda kuwa 21ukwakira…

Soma inkuru yose

Ahari amateka hasigaye ivumbi: Igice cyamateka Cya white House cyashyizwe hasi.

Amakuru aturuka i Washington D.C. yemeza ko igice cy’Iburasirazuba gikunzwe kitwa (East Wing) cy’inyubako ya White House cyamaze gushyirwa hasi , mu gihe ibikorwa byo gukuraho ibyasenyutse byatangiye ku mugaragaro kuri uyu wa Kane, nk’uko byatangajwe n’umwe mu bayobozi ba White House. Uwo muyobozi, utashatse ko amazina ye atangazwa, yavuze ko ibikorwa byo gusenya byarangiye…

Soma inkuru yose