Murenzi Yves yashyize hanze abakinnyi 16 bazahindura amateka muri Basketball

Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’Abagabo muri basketball, Murenzi Yves , yahamagaye abakinnyi 16 bazatoranywamo abazakina imikino yo gushaka itike y’igikombe cy’Isi cya 2027 giteganyijwe kubera i Doha muri Qatar. uru rutonde rwashyizwe hanze n’ishyirahamwe rya Basketball mu Rwanda (FERWABA) kuri uyu wa kane tariki ya 11 Kamena 2026, mu rwego rwo gutangira imyitozo hakiri kare.

Iyi mikino y’ijonjora rya gatatu(Window 3) iteganyijwe kubera mu gihugu cya Angola kuva tariki ya 2 Kugeza ku ya 5 Nyakanga 2026. Ikipe y’u Rwanda ihatana mu itsinda C, aho isabwa kwitwara neza nyuma yo gukinira ijonjora rya mbere muri Tunisia mu mwaka wa 2025 ntigire umukino n’umwe itsinda.

Uru rutonde rw’abakinnyi 16 barimo abakinnyi b’inyuma nka Hubert sage Kwizera, Ntore habimana, na Sean Jeremaine Mwesigwa, hamwe n’abakinnyi b’imbere bamenyerewe nka Ndizeye Ndayisaba Dieudonne. Bunganiriwe n’abandi bakinnyi batajyanywe inyuma nka Mpoyo Axel Olenga, Paul bizimana, na David McCormack usanzwe akina mu Burayi.

Umutoza yongereyemo amaraso mashya nka Sean Mwesigwa, wahoze ari kapiteni w’abatarengeje imyaka 16, bunganira inararibonye zikina imbere mu gihugu ndetse n’abakina hanze muri Amerika n’u Burayi.

Umutoza mukuru Murenzi Yves azaba ahabwa ubufasha n’abatoza b’inararibonyebarimo Sunny Niyomugabo, Mugabe Aristide, na Kenneth Gasana Herbert Wilson, bafite uburambe bukomeye muri uyu mukino.

Mu itsinda c, u Rwanda ruri ku mwanya wa nyuma nyuma ya Guinea, Tunisia, na Nigeria. u Rwanda rurasabwa gutsinda imikino yose muri Angola kugira ngo ruzatambuke muri 5 ba mbere bazerekeza muri Qatar.

Iyi mikino y’ijonjora rihuza amakipe 16 yo muri afurika arwanira itike y’igikombe cy’isi cy’uyu mwaka, mu gihe amakipe 80 yose ku isi ari guhatanira imyanya 31 isigaye, kuko qatar yamaze kubona itike nk’umwakira.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *