Spiro Rwanda imaze gushyiraho sitasiyo 700 zo gusimbuza batiri mu Rwanda
Mu kiganiro n’abanyamakuru cyabaye mu gitondo cyo kumunsi wejo mu ruganda rwa Spiro Rwanda ruherereye i Masoro, Umuyobozi Mukuru w’iki kigo, Arunkumar Bhandari, yatangaje ko Spiro imaze imyaka ibiri n’igice ikorera mu Rwanda,
aho imaze gushyiraho sitasiyo zigera kuri 700 zo gusimbuza batiri mu turere 30 two hirya no hino mu gihugu.Bhandari yavuze ko uru rwego rw’imiyoborere rwashyizweho hagamijwe koroshya imikoreshereze ya moto zikoresha amashanyarazi, guteza imbere ubwikorezi burengera ibidukikije, no kongera umusaruro ku bakoresha izi moto mu buzima bwabo bwa buri munsi.
Yakomeje asobanura ko Spiro imaze imyaka ine ikorera muri Afurika, ikaba ubu ikorera mu bihugu bitandatu, ndetse ifite gahunda yo kwagura ibikorwa byayo ikagera ku bihugu umunani mu gihe kiri imbere. Kuva iki kigo cyatangira ibikorwa byacyo ku mugabane wa Afurika, kimaze gushyira ku isoko moto zikoresha amashanyarazi zigera ku 70,000.
Umuyobozi Mukuru wa Spiro yashimangiye ko iki kigo cyashyize imbaraga mu gusobanukirwa neza amasoko gikoramo no kugenzura imikorere yacyo mu bihugu byose gikoreramo, by’umwihariko mu Rwanda. Yavuze ko Spiro yubahiriza amahame mpuzamahanga yose ajyanye n’umutekano, ubuziranenge n’ibidukikije.
Yongeyeho ko ibicuruzwa byose bya Spiro binyura mu bipimo mpuzamahanga n’ibizamini bikomeye mbere yo gushyirwa ku isoko ry’u Rwanda, hagamijwe kurinda umutekano w’ababikoresha no gutanga serivisi zizewe.
Iki kiganiro cyagaragaje ko Spiro ikomeje kugira uruhare rukomeye mu guteza imbere ikoranabuhanga rishingiye ku mashanyarazi, guteza imbere ubukungu butangiza ibidukikije, no gushyigikira icyerekezo cy’u Rwanda cyo kugera ku iterambere rirambye
Hanasobanuwe zimwe mumpamvu zibazwaho zituma moto ya Spiro abatari bacye batayicira akarurutega
impamvu ngo ni uKo hari abamotari baca feli za moteri nkana ubuyobozi bwasabye abamotari kubicikaho kuko byashyira ubuzima bwabo mukaga nabo batwaye muri rusange


