Harakurikiraho iki nyuma yo kwihanangirizwa kuri bimwe mubitangazaakuru bya sport?
Urwego rw’Abanyamakuru bigenzura , (Rwanda Media Commission – RMC) rwatangaje ko rwihanangirije mu nyandiko ibitangazamakuru bya SKFM ndetse na Isibo TV & Radio, rubisaba gukosora imyitwarire idahuye n’amahame agenga umwuga w’itangazamakuru, by’umwihariko mu biganiro bya siporo. Uku kwihanangirizwa bije bikurikira ibiganiro bitandukanye RMC yari imaze igirana n’abanyamakuru bakorera ibyo bitangazamakuru hamwe n’abayobozi babyo, rigamije kubibutsa…
