Kabamba: Museveni yibukije abasirikare bashya ko kurinda igihugu bisaba ubwenge n’imyitwarire

Kabamba, Uganda – Mu muhango wagaragaje isura nshya y’ingabo za Uganda (UPDF), Perezida Yoweri Kaguta Museveni yahaye amapeti abasirikare bashya barangije amasomo y’ubusirikare mu ishuri rya Kabamba, abibutsa ko kuba umusirikare atari ukumenya kurasa gusa, ahubwo ari ukuba umuntu wubaha indangagaciro n’amahame y’igihugu. Perezida Museveni yashimiye aba basirikare bashya kuba baratsinze urugendo rutoroshye rwo guhugurwa,…

Soma inkuru yose

Isoko rya Mpazi rigiye guhindura isura y’ubucuruzi muri Gitega

Kigali, Gitega – Ku gicamunsi cyo kuwa 4 Ukwakira 2025, mu Murenge wa Gitega, hatangiye igikorwa cyo kwimura no gutuza abacuruzi mu isoko rishya rya Mpazi, riri mu bikorwa byitezweho guteza imbere ubucuruzi no kunoza imikorere y’isoko rya Kigali. Iki gikorwa kiri gukorwa mu buryo bw’umucyo aho abacuruzi bari gutombora ibibanza bazakoreramo, mu rwego rwo…

Soma inkuru yose

Perezida Kagame yemeje icyizere gishya mu RDF: Abofisiye 632 bazamuwe mu ntera

Kigali, ku wa 4 Ukwakira 2025 — Mu gihe u Rwanda rukomeje gushyira imbere ingabo zifite ubunyamwuga n’indangagaciro z’umusirikare w’icyitegererezo, Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, Perezida Paul Kagame, yemeje itangazo ry’uko abofisiye 632 bari bafite ipeti rya Sous-Lieutenant bazamuwe mu ntera bakaba Lieutenant. Iyi gahunda yo kuzamura abasirikare mu ntera si igikorwa gisanzwe, ahubwo ni…

Soma inkuru yose

Amateka atazwi ya Green Card: Impamvu yashyizweho n’ibyayikurikiye

Green Card, izwi ku izina rya Permanent Resident Card, yashyizweho bwa mbere mu 1950 mu gihe cy’ubuyobozi bwa Perezida Harry S. Truman. Ni muri icyo gihe Leta Zunze Ubumwe za Amerika zari zikeneye uburyo buhamye bwo gucunga abimukira no kubaha uburenganzira bwo gutura no gukorera mu gihugu, nyuma y’ingaruka z’Intambara ya Kabiri y’Isi. Ikarita yari…

Soma inkuru yose

Perezida Kagame yohereje mu ngabo z’u Rwanda Ofisiye bashya barenga 1000 barangije amasomo i Gako

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yageze kuri Rwanda Military Academy – Gako, aho yayoboye umuhango wo gusoza amasomo no guha ipeti abasirikare bashya barenga 1000 baturutse mu byiciro bitatu by’amahugurwa y’Ofisiye. Aba basirikare barangije amasomo mu byiciro bitandukanye birimo: 06/20 Long, aho abanyeshuri barangije amasomo y’imyaka ine ahuriza hamwe amasomo ya Kaminuza ku…

Soma inkuru yose

Ntukiri Umunyacyaha w’Ibiryo: Menya Uburyo Bworoheje bwo Kugira Amagara Mazima

Ukwakira ni ukwezi gushya, ariko nanone ushobora kukugira intangiriro y’indi ntambwe nshya mu buzima bwawe. Abahanga mu by’ubuzima bavuga ko kugira amagara mazima atari iby’amahirwe gusa, ahubwo ari iby’imyitwarire umuntu yigisha umubiri we buri munsi. Kurya ku gihe ni kimwe mu by’ingenzi mu buzima, aho inzobere mu buzima zigaragaza ko kurya ku mugoroba bitarenze saa…

Soma inkuru yose

Musanze: Inzoga zinkorano zafashe indi ntera,iyi bayise “Muhe Nyina

Ku wa 16 Nzeri 2025, mu karere ka Musanze, mu mirenge ya Muhoza na Mugo, hafashwe abantu babiri bakoraga inzoga zitujuje ubuziranenge bari barise “Muhe Nyina”. Iyi nzoga bivugwa ko uyinyweye yahitaga agira ingaruka zitandukanye ku buzima zirimo kubyimba amatama, kubyimba ibirenge no kugira umunaniro. Abaturage bamwe bavuze ko umuntu wayinyweye yahitaga arambarara nk’uwatakaje imbaraga…

Soma inkuru yose

ARVs zirakiza cyangwa zirarinda? Ukuri kuri SIDA benshi batinya kuvuga

Mu gihe benshi batekereza ko iterambere ry’ubuvuzi ryabaye iry’ikirenga, indwara ya SIDA igikomeje kuba ikibazo gikomeye ku isi yose. Nubwo virusi itera SIDA (VIH) yamamaye mu myaka ya za 1980, kugeza ubu nta muti uvura burundu iyi ndwara uraboneka. Imiti ihari ubu izwi nka ARVs (imiti igabanya ubukana) ifasha uwanduye kugumana ubuzima buzira umuze igihe…

Soma inkuru yose

Impunzi z’Abarundi muri Tanzania Zihangayikishijwe no Gusubizwa Iwabo ku Gahato

Impunzi z’Abarundi ziri mu nkambi za Nduta na Nyarugusu muri Tanzania zigaragaza impungenge ko zishobora gusubizwa iwabo ku gahato, mu gihe bamwe muri zo bavuga ko aho zasize mu Burundi hakiri ibibazo by’umutekano n’imibereho. Izi mpungenge zigaragarira cyane mu bikorwa bimaze iminsi bikorwa n’ubuyobozi bw’inkambi, aho amashuri abana bigagamo yafunzwe, kimwe n’insengero bajyaga gusengeramo. Abaturage…

Soma inkuru yose

Kigali: Abapangayi Baratabaza Basaba Ko Ijwi Ryabo Ryumvwa

Mu gihe ubuzima mu Mujyi wa Kigali bugenda burushaho guhenda, bamwe mu baturage bacumbitse barinubira uburyo ababacumbikiye bazamura ubukode uko bishakiye, nyamara amazu yabo adafite impinduka cyangwa cyangwa hari ibyavuguruwe. Abapangayi bavuga ko ibi bikorwa birimo akarengane kuko ntibibaha umwanya wo gutegura cyangwa kuganira ku giciro, ahubwo bisigaye bikorwa nko kubategeka kwishyura ayo babifuzamo cyangwa…

Soma inkuru yose